Kimenyi Yves yasezeye kuri ruhago ku mugaragaro nyuma y’imyaka ibiri adakina kubera imvune ikomeye

Imikino - 20/02/2026 9:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Kimenyi Yves yasezeye kuri ruhago ku mugaragaro nyuma y’imyaka ibiri adakina kubera imvune ikomeye

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’amakipe atandukanye arimo ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yasezeye kuri ruhago ku mugaragaro nyuma y’imyaka irenga ibiri adakina kubera imvune ikomeye yagize.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026 ni bwo Kimenyi Yves abinyujije kuri konti ye ya Instagram yatangaje ko asezeye ruhago. Yavuze ko urugendo rwe rwa ruhago rwatangiye kera akiri muto ayobowe n’ishyaka, inzozi n’urukundo rwa ruhago. 

Kimenyi yavuze ko Urugendo rwe rwo gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga yarutangiye muri 2012 akaba ari urugendo rutamugize umukinnyi gusa ahubwo rwanamugize umuntu.

Yavuze ko yatangiye urugendo rwe rw’umwuga muri Isonga FC, aho yamaze imyaka ibiri yigira byinshi. Nyuma yaho yerekeje muri APR FC, imwe mu makipe akomeye mu Rwanda no mu Karere, aho yamaze imyaka itanu y’intsinzi n’ibihe byiza atazibagirwa.

Mu 2019, yasinye muri Rayon Sports FC, ayikinira amezi atandatu mbere yo kwerekeza muri Kiyovu Sports, aho avuga ko yagiriye ibihe byiza cyane ndetse akagaragaza urwego rwo hejuru rw’imikinire.

Nyuma yaje kwerekeza muri AS Kigali, ariko ntiyahiriwe kuko nyuma y’amezi abiri gusa yagize imvune ikomeye. Yavuze ko iyi  mvune yamukuye mu kibuga kuva uwo munsi kugeza ubu asezeye nubwo yakoze ibishoboka byose ngo asubire mu kibuga.

Kimenyi avuga ko kimwe mu byamushimishije cyane mu rugendo rwe rw'umupira w'amaguru ari amahirwe yagize yo kwambara umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, ibintu yavuze ko azahora yishimira iteka ryose.

Nubwo asezeye ku gukina ruhago nk’uwabigize umwuga, yemeje ko atavuye mu mupira w’amaguru. Yagaragaje ko yifuza gukomeza kuwubamo anyuze mu gufasha no kuyobora abakiri bato bafite inzozi nk’izo na we yagize.

Kimenyi Yves yashimiye byimazeyo amakipe yose yakiniye, abakinnyi bagenzi be, abatoza, abaganga, abafana ndetse n’abandi bose bamubaye hafi mu rugendo rwe.

Yasoje avuga ko umupira w’amaguru uzahora ari igice cy’ubuzima bwe, anashimangira ko atawusezeye burundu, ahubwo ari intangiriro y’indi ntambwe nshya.

Kimenyi Yves asezeye kuri ruhago nyuma y'imyaka ibiri adakina kubera imvune ikomeye yagize mu kwezi kwa 10 muri 2023 ku mukino AS Kigali yari yakinnyemo na Musanze FC. Icyo gihe yagonganye na Rutahizamu w’Umunya-Nigeria Peter Agblevor wakiniraga Musanze FC. 

Ubutumwa bwa Kimenyi Yves asezera ruhago 

Kimenyi Yves yasezeye kuri ruhago ku mugaragaro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...