Ni
amagambo yavugiwe mu kiganiro cya ‘Live’ kuri TikTok cyari cyitabiriwe n’abantu
benshi, aho Kimenyi Yves yari kumwe n’umugore uzwi nka Nana ndetse n’uwitwa
GodFather. Iki kiganiro cyaje gusa n’icyashyize iherezo ku byari bimaze igihe
bivugwa mu ibanga ku mubano wa Kimenyi n’uyu mugore.
Mu
buryo butunguranye, Kimenyi Yves yabajijwe niba Nana ari umwe mu bagore
bakundanye mu bihe byashize. Mu gusubiza, yavuze amagambo yasobanuye byinshi ku
mubano bafitanye.
Nyuma
y’ako kanya yongeye kubazwa niba uyu mugore ari umukunzi we ubu, undi atanga
igisubizo kitari gusiga urujijo ku bari bakurikiye ikiganiro. Ati: “Wa nyawe.”
Nana
nawe ntiyahishe uburyo afata Kimenyi Yves. Mu magambo yavugaga asa n’ayuzuyemo
amarangamutima menshi, yavuze ko urukundo rwabo atari urw’igihe gito.
Ati:
“No mu bihe bizaza ni yo twapfa tukazuka tuzakundana, ni umugabo wa nyawe
ukunditse.” Yashimangiye ko akunda Kimenyi Yves ku buryo ashushanya uburyo
amukundamo kandi cyane.
Icyakora
amagambo yavugishije benshi ni ayagarutse ku bana b’impanga uyu mugore yavuze
ko bafitanye na Kimenyi Yves. Mu gihe yari abajijwe niba koko abo bana ari aba
Kimenyi, yasubije atazuyaje. Ati: “Ni impanga ze inshuro ebyiri, hari
uzirwanira ngo nzimuhe?”
Aya
magambo yahise yongera imbaraga mu makuru yari amaze igihe acicikana ku mbuga
nkoranyambaga, aho bamwe bavugaga ko uyu Nana yaba afitanye abana na Kimenyi
Yves kuva kera, nubwo aba bombi batari barigeze babyemera mu buryo bweruye.
Nana,
amazina ye nyakuri akaba ari Natacha, si ubwa mbere avuzwe mu nkuru zirebana
n’uyu mukinnyi.
Hari
amakuru yigeze kuvugwa ko ubwo Muyango Claudine yari atwite imfura ye, Nana
yaba yarandikiye umwe mu nshuti za Kimenyi Yves amubwira amagambo yavugaga ko
we ari kurera impanga za Kimenyi ari wenyine, mu gihe undi yari ari kwita ku
mugore we.
‘Godfather’
yasubiyemo ayo magambo agira ati “(Nana) yaranditse ati ‘biranshengura
bikambabaza (Yavugaga kuri Miss Muyango) kubona ari kwidedembya kandi njyewe
ndi kurera impanga ze njyenyine.”
Icyo
gihe ariko, Nana yagaragaye inshuro nyinshi ahakana ayo makuru ndetse anavuga
ko ubutumwa bwamuvuzweho butari ubwe. Ariko kuri iyi nshuro, yabaye nk’unkubyemera
mu buryo budatomoye neza.
Ku
ngaruka z’ibi byose, Nana yavuze ko mu gihe cyose Kimenyi Yves yemera abana be b’impanga
“nta kindi kindi.”
Kimenyi
Yves atangaje ko ari mu rukundo n’uyu mukobwa Nana, mu gihe muri 2019
yarushinze na Miss Muyango baje kubyarana abana muri 2021.
Kuva
mu myaka itatu ishize, urugo rwa Kimenyi Yves na Miss Muyango rwavuzwe cyane mu
itangazamakuru ko batabanye neza, ariko impande zombi zirinze kuvuga byinshi ku
mubano wabo.
N’ubwo
bimeze gutya ariko, Nana avuga ko yamenyanye na Kimenyi Yves kuva bakiri abana,
kandi ko umubano wabo wakomeje kwaguka kugeza n’ubu.


Nana usanzwe ubarizwa muri Australia yavuze ko abana b’impanga yabyaye, yabyaranye na Kimenyi Yves. Hari aho yavuze ati "Kimenyi ni umwana mwiza, ntacyo mukwiriye kumubaza."



Nana yaciye amarenga avuga ko "muri uyu mwaka mfite ubukwe." Avuga ko Kimenyi Yves yamushakishije 'umwete' kandi ko yamubonye


Nana yavuze ko "nta munsi n'umwe ntigeze mba umwanzi na Kimenyi Yves, ahubwo twarakundanye/turakundana. Uwo munsi ntizigera ubaho."



Nana yavuze ko atasenye urugo rwa Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves kuko 'n'ubundi rwarajegeraga"
REBA IKIGANIRO KIGARUKA KURI KIMENYI N'UMUKUNZI WE MUSHYA
