Kimenyi Tito yahishuye uburyo TikTok yamubereye ikiraro cyo kwinjira muri Sinema – VIDEO

Imyidagaduro - 21/05/2025 2:14 PM
Share:

Umwanditsi:

Kimenyi Tito yahishuye uburyo TikTok yamubereye ikiraro cyo kwinjira muri Sinema – VIDEO

Kimenyi Tito, umwe mu bakinnyi ba filime bamaze kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko urubuga rwa TikTok rwamubereye isoko y’ubumenyi n’imbarutso yo kwinjira muri Sinema, aho ubu ageze ku rwego rwo gukora no gusohora filime ze bwite.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Kimenyi Tito yasobanuye ko gukoresha TikTok cyane byamuhaye igitekerezo cyo gukina filime, abifata nk’uburyo bwo kwagura impano ye no kuyigeza ku bantu benshi.

Yagize ati “Na mbere hose numvaga nshaka kuzakina filime, ariko navuga ko TikTok yambereye ikiraro cyo kwinjira muri Cinema. Nabinyuzagamo ubutumwa bugira aho buhuriye no gukina, bityo byoroha kubona abantu bambona nk’umukinnyi.”

Yatangiriye kuri “Love Might Happen”, akomereza kuri “Umuruho Wanjye”

Kimenyi yavuze ko mu kwezi kwa Nzeri 2024 ari bwo yinjiye mu rugendo rwa sinema, atangirira ku mushinga wa mbere yise Love Might Happen.

Nyuma y’uyu mushinga, yashyize hanze filime ye nshya yitwa “Umuruho Wanjye”, ikubiyemo ubuzima bw’abana bakomoka mu muryango wifashije ariko bagahura n’akaga ko kubura ababyeyi, bagatangira ubuzima bushaririye.

Yagize ati: “Ni filime nanditse ubwanjye, kugeza ubu dufite amashusho ya ‘season’ ebyiri, kandi tuzajya tuyisohora buri munsi kuri YouTube yanjye yitwa Kimenyi Tito.”

Avuga ko yitegura guhindura sinema nyarwanda

Uyu musore yavuze ko ashima bagenzi be bakora muri sinema nyarwanda, ariko kugeza ubu nta ‘role model’ afatiraho urugero. Kuri we, intego ni kugera ku rwego rwo gushyira filime kuri Netflix no kugira uruhare rufatika mu guhindura isura ya sinema mu Rwanda mu myaka itanu iri imbere.

Filime ye ya mbere ayifata nk’umwana we wa mbere

Kimenyi Tito yemeje ko ibyo amaze kugeraho byose yabikesheje imbaraga yakoresheje mu kwiyubakira izina kuri TikTok, aho byamuhesheje akazi n’amafaranga.

Yagize ati “Filime yanjye ya mbere nyifata nk’umwana wanjye wa mbere, kandi yari nto kuko ntiyarimo abantu benshi. Ariko yankoze ku mutima, nanayikoze nshishikaye.”

Yongeyeho ko mu mishinga ye y’ahazaza ashobora no kuzana umukobwa bakundana witwa Judy, nubwo atari mu bice bya mbere by’iyi filime ‘Umuruho Wanjye’.

Imbogamizi n’ubushake bwo kwiga

Kimenyi ntiyirinze kuvuga ku mbogamizi yahuye na zo zirimo kubura amashusho yafashwe, guhindura abakinnyi b’ingenzi n’ibindi bibazo bijyanye n’ubumenyi.

Yavuze ko yakomeje kwiga ku ikorwa rya filime abinyujije mu kujya aho zifatira no kugisha inama abamubanjirije.

TikTok ifatwa nk’urubuga ruteza imbere abahanzi n’abakora Cinema kubera impamvu nyinshi zirimo kuba ifite algorithme ikora ku buryo videwo nshya zigaragara ku bantu benshi vuba, n’iyo utaramenyekana cyane.

Ibi bituma impano nshya zibona umwanya wo kugaragaza ibyo zishoboye, bityo abantu bakazikurikira cyangwa bakabegera ku bw’ubufatanye.

Abahanzi n’abakinnyi ba filime bashobora gukoresha TikTok bagaragaza ibikorwa byabo, bagatuma abantu babamenya kurushaho. Ibi bituma bubaka izina, byaba binyuze mu mashusho y’indirimbo, filime, inyigisho, cyangwa urwenya.

Abakora sinema bashobora gukwirakwiza imbanzirizamushinga ‘trailer’, ‘teaser’ cyangwa uduce twa filime zabo kuri TikTok, bikagera ku bantu benshi, hakabaho n’abashobora kwifuza kubagurira ibihangano cyangwa kubashyigikira mu buryo bw’amafaranga.

Iyo umuntu agaragaje impano kuri TikTok, bishobora gutuma yitabwaho n’abamaze kumenyekana, abanyamakuru, ibigo bikora sinema cyangwa muzika, cyangwa abaterankunga, bigatuma agera ku rwego ruhanitse.

Benshi mu bahanzi n’abakora Cinema basigaye binjiza amafaranga binyuze mu bufatanye na ‘brands’, kubera uburyo ibikorwa byabo bihura n’abakunzi benshi kuri TikTok. Ibi bibafasha kugira ubushobozi bwo kwishyurira imishinga yabo, nko gukora filime cyangwa indirimbo.

TikTok ituma umuhanzi cyangwa umukinnyi wa filime amenya icyo abantu bamuvugaho, ibyo bishimira cyangwa banenga, bityo bikamufasha kunoza ibyo akora.

Urugero rwa Kimenyi Tito rugaragaza neza uko TikTok yamufashije kubona ubwitabire, kwagura impano ye, ndetse no kugira ubushobozi bwo gukora filime ebyiri yikorera, agendeye ku mashusho yacaga kuri TikTok.

Muri make, TikTok ni urubuga rwahinduye uburyo impano nshya zigaragara ku isoko, by’umwihariko mu bihugu bikizamuka mu ruhando rwa sinema n’umuziki nk’u Rwanda.

Kimenyi Tito yatangiye gushyira hanze filime ye ya kabiri yise ‘Umuruho Wanjye’

Kimenyi yavuze ko bazashingira ku busabe bw’abakunzi b’iyi filime kugirango Judy azayigaragaremo 

Kimenyi yavuze ko TikTok ariyo yabaye imvano yo kuba yarinjiye muri Cinema nk’umwuga akunze 

Kimenyi ubusanzwe uzwi mu gukora amashusho y’urwenya no kwigana abantu batandukanye kuri TikTok, arakataje mu rugendo rwo kuba umwe mu bahanzi bahindura sinema nyarwanda, ahereye ku mishinga ye bwite, ashyigikiwe n’imbuga nkoranyambaga

 KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA KIMENYI TITO

KANDA HANO UBASHE KUREBA IGICE GISHYA CYA FILIME ‘UMURUHO WANJYE’ YA KIMENYI



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...