Kuri uyu wa Gatanu ni bwo aba bombi batangiye iyi
nzira mu Rukiko rwa Kibagabaga. Uru rubanza rwashyizwe mu muhezo, icyakora mu
Rukiko Muyango na Kimenyi bari bicaranye baganira nk'aho nta kibazo basanzwe
bafitanye.
Aba bombi bari mu nzira zo gutandukana mu mategeko ku
bwumvikane nyuma y’uko byari bimaze igihe bivugwa ko batakibana.
Icyo itegeko rigenga abantu n’umuryango mu Rwanda
rivuga ku Gusaba ubutane ku bwumvikane
Ubutane ku bwumvikane busabwa n’abashyingiranywe bombi
bamaze kumvikana ku gusesa ishyingirwa no ku nkurikizi zaryo kandi
bagashyikiriza urukiko rubifitiye ububasha amasezerano ku ngaruka z’ubutane ku
bijyanye no kwita ku bana n’umutungo wabo.
Iyo ubutane bwasabwe n’umwe mu bashyingiranywe, bushobora guhinduka ubutane ku bwumvikane mu gihe uregwa yemera ko ikirego gifite ishingiro akemera ubutane.
Icyo gihe, abashyingiranywe bagaragariza
urukiko amasezerano ku ngaruka z’ubutane ku bijyanye no kwita ku bana
n’umutungo wabo.
Abashyingiranywe biyemeje gusaba ubutane ku bwumvikane
babanza kubarura umutungo wabo bigashyirwa mu nyandiko, kugaragaza agaciro kawo
no kugena ibyo buri muntu yakwegukana hakurikijwe uburyo bw’imicungire
y’umutungo w’abashyingiranywe bahisemo.
Abashyingiranywe bashyikiriza urukiko rubifitiye ububasha inyandikomvaho igaragaza ibyo bemeranyije ku ngingo zikurikira: Uzarera abana babyaranye, abo bagize ababo batarababyaye cyangwa abo bishingiye mu gihe cy’urubanza rw’ubutane na nyuma y’icibwa ry’urubanza rw’ubutane; Uruhare rwa buri wese mu bashyingiranywe ku byerekeye kwita ku bana no kubarera;
Aho buri
wese mu bashyingiranywe azaba mu gihe cy’urubanza rw’ubutane; ibitunga umuntu
umwe yaha undi mu gihe cy’urubanza rw’ubutane iyo adafite ibimutunga bimuhagije
hatitawe ku buryo bw’imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe bahisemo.
Ikirego gisaba ubutane ku bwumvikane gitangwa mu buryo
busanzwe bw’ibirego mbonezamubano. Ku munsi w’iburanisha, abashyingiranywe
basaba ubutane ku bwumvikane bitaba bombi ku giti cyabo urukiko rwaregewe
bakemeza icyifuzo cyabo cyo gutana kandi ntibasabwa kugaragaza impamvu bashaka
gutana.
Iyo urukiko rumaze kubona ko abashyingiranywe bafite ubushake bwo gutana kandi ko ubwumvikane bwabo bwabaye nta gahato n’inyungu z’abana zikaba zitaweho, ruca urubanza rwemeza ubutane ku bwumvikane.


Muyango na Kimenyi Yves bari bamaze imyaka ibiri n'amezi arindwi basezeranye imbere y'amategeko
