Kigingi yatunguranye, Jules Sentore amurika Album: Ibyaranze Gen-z Comedy yihariwe n’umuraperi G-Tuff –AMAFOTO

Imyidagaduro - 29/08/2025 8:28 AM
Share:

Umwanditsi:

Kigingi yatunguranye, Jules Sentore amurika Album: Ibyaranze Gen-z Comedy yihariwe n’umuraperi G-Tuff –AMAFOTO

Igitaramo cya Gen-z Comedy cyabereye kuri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali) mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 28 Kanama 2025 cyahuje urwenya n’umuziki, kigaragaza impinduka nshya mu myidagaduro y’urubyiruko.

Ni igitaramo cyasusurukijwe n’abanyarwenya banyuranye barimo Muhinde, Kandi na Musa, Joseph, Keppa, Lucky Baby, Clement Inkirigito, Eric w’i Rutsiro, Jonathan, Dede n’abandi, cyasigiye abakunzi baryitabiriye ibyishimo bidasanzwe.

G-Tuff yihariye urubyiniro, asaba urubyiruko kureka ibiyobyabwenge

Ni ubwa mbere umuraperi akaba n’umunyarwenya G-Tuff, umaze kwamamara cyane ku mbuga nkoranyambaga, yari atumiwe muri Gen-z Comedy. Yigaruriye imitima y’amagana y’abari muri Camp Kigali abinyujije mu mvugo ze zishingiye ku nkuru zo muri Bibiliya no gusetsa ku buzima busanzwe.

Mu buhamya bwe, G-Tuff yavuze ko mu bihe byashize yakoresheje ibiyobyabwenge bikamuviramo no gufungwa, ariko ubu yarabiretse. Yahaye urubyiruko inama yo kubivamo, abibutsa ko hari uburyo bwo gusabana butarimo kwiyangiza. Yagize ati: “Njye narabiretse, nimwe mubyiruka, muze tunywe Mukaru.”

Uyu musore yahise anamurikira urubyiniro indirimbo nshya ari gutegura, yongera gushimangira ko umuziki ari inzira nshya yo kubaka ejo heza.

Kigingi yatunguranye agaruka i Kigali

Umurwenya ukunzwe cyane mu Burundi, Kigingi, yatunguye abakunzi ba Gen-z Comedy agaragara ku rubyiniro. Yari amaze igihe atitabira ibitaramo mu Rwanda kubera imirimo myinshi yo hanze, ariko yagaragaje ko yishimiye kongera guhura n’abafana b’i Kigali.

Kigingi yazamuye amarangamutima y’abari muri Camp Kigali ubwo yunganiraga urwenya rwa Muhinde, maze abwira abafana ko ari iby’agaciro kuba agarutse i Kigali, anateguza ko azataramira i Molato ku Cyumweru tariki 31 Kanama 2025.

Jules Sentore yasogongeje Album ‘Umudende’

Umuhanzi w’injyana gakondo Jules Sentore yari umutumirwa wihariye muri iki gitaramo. Yafashe umwanya wo gusangiza abakunzi be ibijyanye n’Album ye nshya yise “Umudende”, yamuritse ku mugaragaro ku wa 1 Kanama 2025 mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kwizihiza Umuganura.

Yavuze ko iyi album iriho indirimbo 12, zose zubakiye ku muco nyarwanda n’umuco wa Kinyarwanda muri rusange. Irimo indirimbo nka “Rutemikirere”, “Ikirenga”, “Urumamo”, “Inka” yakoranye na Rugaba, “Indamutsa” yakoranye na Bakuri, ndetse na “Nkuyo” yakoranye na Nkuba.

Yagize ati: “Nashakaga album izajya inibutsa urubyiruko ko tugomba kubaka ku muco no kuwusigasira, kuko ari wo mwirondoro wacu.”

Album “Umudende” yatunganyijwe na Producer Madebeats kandi iri ku mbuga zose zicururizwaho umuziki zirimo Spotify, Apple Music, Audiomack na YouTube.

Iki gitaramo cya Gen-z Comedy cyasize isomo rikomeye ku rubyiruko: guha agaciro umuco, kwirinda ibiyobyabwenge no gukomeza gusabana mu buryo buzima.

Jules Sentore yasogongeje Album ye ‘Umudende’ mu gitaramo cya Gen-z Comedy


Album ‘Umudende’ ya Jules Sentore igizwe n’indirimbo 12 zubakiye ku muco nyarwanda

Sentore yibukije urubyiruko ko rugomba gusigasira umuco binyuze mu bihangano


Umuraperi G-Tuff yigaruriye urubyiniro rwa Gen-z Comedy mu buryo bwe bushya bwo gusetsa


G-Tuff yasabye urubyiruko kureka ibiyobyabwenge bakanywa ‘Mukaru’


Ubu G-Tuff yibanda ku muziki no gutanga ubutumwa bwubaka urubyiruko


Kigingi yatunguye abakunzi ba Gen-z Comedy agaruka i Kigali nyuma y’igihe kinini


Umurwenya ukunzwe mu Burundi, Kigingi, yishimiye kongera guhura n’abafana b’i Kigali


Kigingi yateguje igitaramo i Molato tariki 31 Kanama 2025


Gen-z Comedy yongeye guhuza urubyiruko n’abanyarwenya b’ibyamamare


Muhinde yongeye kugaragaza ubuhanga bwe mu rwenya, asetsa abakunzi ba Gen-z Comedy


Imikino ye y’ubuzima busanzwe yongeye gusetsa urubyiruko rwasetse kugeza rushoje


Muhinde ni umwe mu banyarwenya bagaragaje ubukaka muri iki gitaramo


Kandi na Musa bahurije hamwe imbaraga, basetsa abakunzi ba Gen-z Comedy 


Ubufatanye bwa Kandi na Musa bwatumye abitabiriye barushaho kuryoherwa n’urwenya

Uduhigo twabo twinshi two ku rubyiniro twongeye kubahesha igikundiro


Lucky Baby yinjije umwimerere mu rwenya rwe, asetsa abakunzi ba Gen-z Comedy


Ni umwe mu banyarwenya bashya bari kwigarurira imitima y’urubyiruko


Imyitwarire ye yihariye ku rubyiniro yatumye abafana bamwirahira

Ishimwe Joseph yasusurukije urubyiniro rwa Gen-z Comedy mu buryo bwe bwo gusetsa buhoraho


Ubwitabire bw’abafana bwamuhaye imbaraga zo gusetsa birenze


Joseph ari mu banyarwenya bari gufasha Gen-z Comedy gukomeza kuryoha

Umunyarwenya wamamaye nka Umushumba yizihije isabukuru y'amavuko

Umunyarwenya ukoresha amazina ya Dede

Umunyarwenya ukoresha izina rya Massamba muri ibi bitaramo by'urwenya

Umunyarwenya Jonathan yongeye kunezeza abantu

Umunyarwenya Eric w'i Rutsiro yongeye kunyura abantu muri ibi bitaramo biba kabiri mu kwezi

Umunyarwenya Isacal ari kumwe na Fally Merci utegura ibitaramo bya Gen-z Comedy

Abana babarizwa mu itsinda 'Tommorow Kids' bemerewe kwishyurirwa amafaranga y'ishuri

Umunyarwenya Keppa Nyirudushya yahembye umwe bakunda kwitabira cyane ibi bitaramo

Umunyarwenya Pilot ku rubyiniro rwa Gen- Z Comedy yisunze ibiganiro binyuranye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...