Kigali up: Eddy Kenzo yashimangiye ubuhanga bwe naho Riderman yigaragariza abakunzi be nyuma y’umunsi umwe akoze ubukwe - AMAFOTO

Imyidagaduro - 26/07/2015 9:14 AM
Share:

Umwanditsi:

Kigali up: Eddy Kenzo yashimangiye ubuhanga bwe naho Riderman yigaragariza abakunzi be nyuma y’umunsi umwe akoze ubukwe - AMAFOTO

Eddy Kenzo yaraye akoze igitaramo cya mbere nyuma y’uko yegukanye igihembo cya BET Awards. Mu gihe cy’isaha irengaho iminota 15 uyu muhanzi yagaragaje ko koko ari umuhanzi ukomeye ko ndetse igihembo yahawe batamwibeshyeho.

 

Kuri uyu wa gatandatu tariki 25 Nyakanga 2015 nibwo iserukiramuco rya Kigali up ryafunguwe ku mugaragaro ku nshuro yaryo ya 5 ribaye. Hari hateganyijwe abahanzi banyuranye bagombaga kuririmba ariko by’umwihariko umuhanzi Eddy Kenzo niwe wari utegerejwe na benshi. Ku isaha ya saa tatu na mirongo ine n’itatu(21h43)nibwo uyu muhanzi yageze ku  rubyiniro. Yagiye akurikiranya nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe . Eddy Kenzo yahereye ku ndirimbo ‘Zivuga’ akurikizaho, Super power, Sumbusa, Kikili dance, Mind your business, Forever, Bolingo,Maria Rosa,Jambole.

Kenzo kandi yaririmbye indirimbo yahereyeho bwa mbere agitangira kuririmba, ahita ayikurikiranya n’iyatumye amenyekana ariyo ‘Stamina’. Yanagiye aririmba zimwe mu ndirimbo yafatanyije n’abanyarwanda harimo ‘No one’ yafatanyije na Dream Boys, ndetse na ‘Zero distance’ aheruka gukorana na Tom Close. Mu kuririmba kwe Eddy Kenzo yanyuzagamo akabyinana n’ababyinnyi be ndetse akanyuzamo akaganira n’abari bitabiriye umunsi wa mbere wa Kigali Up.

Mu gitaramo hagati kandi Kenzo yashimangiye ubwiza bw’abanyarwandakazi avuga ko bunamwibutsa nyina umubyara dore ko yari umunyarwandakazi . Ati “Iyo ndebye abakobwa beza b’u Rwanda, binyibutsa mama wanjye.”  Mu byo yavugaga byose yakomezaga kuvuga ko afite inkomoko mu Rwanda ndetse agakunda kugaruka kuri Butare cyane cyane ko nyina umubyara ngo ariho yakomokaga. Ku isaha ya saa yine na mirongo itanu n’ibiri(22h52) nibwo uyu muhanzi yaririmbye’Sitya loss’ indirimbo ye ikunzwe cyane ku isi hose maze abari aho nabo ntibamutenguha barayibyinana karahava. Kuva atangira kuririmba kugeza asoje abafana ntibigeze bahagarara kubyina uretse ko na we yemeje ko yari yazanywe no kubasusurutsa ndetse no kubabyinisha.

Eddy Kenzo

Yinjiriye mu ndirimbo'Zivuga'

Abikiriza Kenzo

Abikirizaga Eddy Kenzo

Kenzo

Kenzo abyina

Kenzo

Kenzo n'ababyinnyi be ntako batagize

Abafana

Bishimiye Eddy  Kenzo cyane baranabigaragaza

Abafana

Yanyuzagamo agasabana n'abafana be

Abafana

Bamwe mu bafana baje bitwaje ibendera ry'u Rwanda

Kenzo

Yanze kugenda adafashe ifoto umuhanzi Kenzo washimishije benshi

Kenzo

Uku niko yabinnye 'Bolingo'

Abazungu  babyina

Ababyinnyi

Umubyinnyi wa Kenzo

Umukobwa ubyinisha ikibuno

Umubyinnyi

Uyu mukobwa yabyinishije ikibuno atangaza benshi

Umubyinnyi

Aragororotse cyane

Gucurangisha gitari amenyo

Umucuranzi

Uyu mucuranzi wa Kenzo na we yagaragaje ubuhanga budasanzwe acurangisha gitari amenyo

Alex Muyoboke

Ubuhanga aba bahanzi bagaragaje bwatumye Alex Muyoboke ananirwa kwiyumanganya abasanga ku rubyiniro arabashimira

Ababyinnyi ba Kenzo

Eddy Kenzo

Basoje bashimira abafana babagaragarije kubishimira cyane

Uko igitaramo cy’umunsi wa mbere  wa Kigali up 2015 cyagenze muri rusange

Mico Band iturutse mu Burundi niyo yatangije iri serukiramuco. Ikurikirwa n’abahanzi banyuranye ahanini bakorera muzika yabo mu nzu itunganya muzika ya BMCG. Babimburiwe na Mike Kayihura, wakurikiwe na 1 Key. Ange Mutoni ukomeje kugaragaza ko ari umwe mu bakobwa bakomeye muri muzika nyarwanda kandi bafite ubuhanga bukomeye yakiriye basaza be atangirira ku ndirimbo yise ‘Accapela’ ,akurikizaho’Dancing all Night’ asoreza kuri ‘Up’ . Uyu mukobwa yishimiwe cyane n’abari muri iki gitaramo. Indirimbo ze zose yaziririmbye yikirizwa n’umuraperi Master Kaycee wo mu Rwanda.

Abandi bahanzi baririmbye harimo Licky Password,Nicolenstia ukomoka muri Haiti ariko akaba asanzwe aba mu Rwanda waririmbye indirimbo ziganjemo injyana ya Zouk. Haririmbye kandi umuhanzi Mutu wiga mu ishuri ryo ku nyundo. Nubwo atazwi ariko uyu musore n’itsinda baririmbana bagaragaje ubuhanga kuburyo bakurikiranywe neza bazavamo abahanzi bakomeye mu gihe kizaza. Itsinda Beauty for Ashes niryo ryaririmbye mu bahanzi bahimbaza Imana.

Olivier Kavutse na bagenzi be bari baherekejwe na Amanda bahereye ku ndirimbo’Turashima’,’Ni uwa mbere’ n’izindi zinyuranye maze nabo bishimirwa cyane n’abitabiriye umunsi wa mbere wa Kigali Up. Umuhanzi Jah Bone D uririmba injyana ya Reggae ukomoka mu Rwanda ariko usanzwe aba mu Busuwisi yahawe umwanya nawe aririmba zimwe mu ndirimbo ze ndetse n’iz’umuhanzi Bob Marley. Kubera ikibazo cy’umwanya, uyu muhanzi yavuye ku rubyiniro(stage) ataririmbye indirimbo azwiho na benshi yise’ Si abantu’.

Abafana

Mu masaha ya saa munani z'amanywa bamwe bari batangiye kugura amatike

Icyo kurya

Icyo kunywa

Icyo kunywa no kurya cyari giteganyijwe ariko buri wese akigurira

Icyo kurya

Abo ikofi yari iremereye bumvaga umuziki bakiyongeza icyo kurya

Herve

Herve wo mu itsinda rya Comedy Knights niwe wabanje kuba umushushyarugamba 

Mike Kayihura

Umuhanzi Mike Kayihura

1 Key

1Key

Angel Mutoni

Angel Mutoni 

Angel Mutoni

Uyu mukobwa yagaragaje ubuhanga bukomeye muri muzika ya Hip Hop y'abakobwa

Popo

Might Popo wazanye igitekerezo cyo gutangiza Kigali Up niwe wakiriye Herve akomeza kwakira abahanzi anabasobanurira abari aho

Hope

Hope na we ni umwe mu bari baje kwihera ijisho iri serukiramuco ribaye ku nshuro ya 5

Abitabiriye

Abitabiriye

Password

Ricky Password na we yataramiye abitabiriye Kigali Up 2015

Abitabiriye

Abitabiriye

Bishimiye kwitabira Kigali Up

Beauty for Ashes

Beauty for ashes

Beauty for Ashes baririmba indirimbo zahimbiwe Imana bishimiwe cyane

Abafana

Nicolenstia

Nicolenstia ukomoka muri Haiti 

Abakundana

Abakundana

Amahumbezi n'umuziki uba uhari bibera bamwe umwanya mwiza wo kugaragarizanya urukundo

Mutu

Nubwo ataramenyekana cyane  ariko uyu musore ukoresha izina ry'ubuhanzi rya Mutu yagaragaje ko ishuri rya muzika ryo ku Nyundo ririmo impano nyinshi 

Abanyeshuri bo ku Nyundo

Mutu n'itsinda ryamufashaga. Bose ni abanyeshuri bigishwa na Might Popo

Babu

Babu yaje kunganira Mutu imwe mu ndirimbo bafatanyije

Jah Bone D

Jah Bone D

Jah Bone D yashimishije abakunda injyana ya Reggae

Ku isaha ya saa mbiri na mirongo itanu n’umunani(20h58), aherekejwe n’itsinda ry’abanyeshuri bo ku Nyundo biga muzika, umuhanzi Riderman yageze ku rubyiniro ubona ategerejwe na benshi. Yinjiriye ku ndirimbo’Pipililipipi’ n’izindi ze zikunzwe maze asoreza kuri ‘Holo’. Uyu muhanzi yagaragaje ko amaze kumenyera muzika icuranzwe Live ndetse ko afite n’abafana b’ingeri zose nkuko babimugaragarije iri joro.

Riderman

Riderman ku rubyiniro

Riderman

Nyuma y'umunsi umwe akoze ubukwe ,Riderman yongeye kugaragaza ko ari umuraperi ukomeye ndetse yishimirwa n'ingeri zoze

Babyina indirimbo za Riderman

Ni aba nabo ni abafana b'indirimbo za Riderman

Riderman

Riderman yishimiwe cyane

Worshippers

The Worshippers bari baje mu gitaramo cyo ku munsi wa mbere bareba uko bimeze kuko nabo baririmba kuri iki cyumweru

Popo

Might Popo n'abanyeshuri be

Umunsi wa mbere wasojwe ku isaha ya saa tanu z’ijoro(23h00) usozwa n’umuhanzi Eddy Kenzo. Kigali Up irakomeza kuri iki cyumweru tariki 26 Nyakanga 2015 ari nabwo iri busozwe. Bamwe mu bahanzi biteganyijwe ko bari buririmbe harimo The Sisters, The Worshippers, Soleil waturutse muri Amerika, Jay Polly, n’abandi banyuranye. Itsinda  Sauti Sol rikunzwe cyane mu ndirimbo nka Sura yako na Nerea naryo riraza kuririmba mu bahanzi bari busoze Kigali Up 2015.

PHOTO:Moise NIYONZIMA

RENZAHO Christophe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...