Kigali: Sherrie Silver n’umubyeyi we Apôtre Florence bahaye ibiribwa ababyeyi b’intwaza - AMAFOTO

Imyidagaduro - 02/05/2022 6:18 PM
Share:

Umwanditsi:

Kigali: Sherrie Silver n’umubyeyi we Apôtre Florence bahaye ibiribwa ababyeyi b’intwaza - AMAFOTO

Tariki 27 Mata 2022, umubyinnyi w’icyamamare Sherrie Silver afatanije n’umubyeyi we Apôtre Florence Silver batanze ibiribwa ku babyeyi b’Intwaza babarizwa mu Murenge wa Mageragere ho mu Mujyi wa Kigali.

Aba babyeyi bahawe ibiribwa nkenerwa mu buzima bwa buri munsi birimo umuceri, ibitoki, imboga n’ibindi.

Sherrie Silver n’umubyeyi we Apôtre Florence Silver baremeye aba babyeyi b’Intwaza binyuze mu muryango bashinze bise 'Destiny Rebuilders' usanzwe ukora ibikorwa by’urukundo cyane cyane mu Karere ka Nyarugenge ho muri Kigali n’ahandi.

Bavuga ko iki gikorwa bakoze kiri mu rwego rwo kwifatanya n’aba babyeyi batakaje imiryango yabo n’abana babo bakaba batagifite imbaraga zo gukora kubera imyaka y’ubukure.

Ibi kandi biri no muri gahunda yo kwifatanya n’aba babyeyi muri iki gihe u Rwanda n’inshuti bibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse no gukomeza kuba hafi abarokotse ayo mahano.

Sherrie Silver n’umubyeyi we basanzwe bakora ibikorwa byiganjemo kwishyurira ubwisungane mu kwivuga (Mituelle de Sante) imiryango inyuranye, kugaburira abatishoboye, gufasha abana batishoboye bavuka mu miryango ikennye n’ibindi.

Umuyobozi w’umurenge wa Mageragere, Hategekimana Silas yashimye cyane Sherrie Silver ku bwo kuzirikana ababyeyi b’Intwaza muri ibi bihe by’iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki gikorwa kandi kiri mu mushinga w’umuryango 'Destiny Rebuilders' wa Sherrie Silver wiswe ‘Mfungurira Project’ itanga ibiribwa ku miryango icyennye mu bice bitandukanye by’Akarere ka Nyarugenge.

Sherrie Silver ni umubyinnyi wabigize umwuga kandi wamamaye cyane mu ndirimbo yiswe Childish Gambino This is America ubwo yagaragazamo impano itangaje mu kubyina.

Akorana n’imiryango n’ibigo bitandukanye mu bikorwa byo gufasha abakene, ubuhinzi n’ibindi.

Uyu mukobwa uvuka i Huye, aherutse kubakirwa ikumbano mu Mujyi wa London mu Bwongereza giteze amaboko nk’uko mu mbyino za Kinyarwanda bikorwa.

Sherrie Silver asanzwe ari Ambasaderi w’ikigega Mpuzamahanga cy’iterambere ry’ubuhinzi, IFAD.

IFAD, ni ikigega cy’umuryango w’abibumbye (United Nations) cyigamije kurwanya ubukene, inzara mu byaro by’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

 

Sherrie Silver afatanije n’umubyeyi we Apôtre Florence Silver batanze ibiribwa ku babyeyi b’Intwaza babarizwa mu Murenge wa Mageragere


 

Aba babyeyi bahawe ibiribwa birimo ibitoki, umuceri, imboga n’ibindi bitandukanye

 

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mageragere bwashimye Sherrie Silver n’umubyeyi we ku bwo gutekereza kuri aba babyeyi muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi





Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...