Cyabereye
muri BK Arena mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Kanama 2025,
gikurikirwa n’abantu ibihumbi, cyaranzwe n’imyitwarire idasanzwe y’abahanzi,
umucyo w’urubyiniro, imyambarire n’amarangamutima y’ikirenga.
Uburyo
bwateguwe, uburyo bwaririmbwemo n’imyitwarire y’abitabiriye, byose byahurije
kuri kimwe: igitaramo cyateguwe neza, gishyirwa mu bikorwa neza, kandi cyanyuze
benshi.
Icyumweru
cy’umuziki, siporo n’uburezi! Iserukiramuco rya Giants of Africa 2025 ryasize umujyi
wa Kigali wakiriye urubyiruko n’umuco nyafurika.
Mu
minsi 8, hakinwe imikino 118 ya Basketball, hahurira ibihugu 20, bikorera mu
bice 7 bitandukanye. Iserukiramuco ryasize ibibuga 3 bishya bya Basketball byubatswe,
byose bigize ibikorwa 12 by’ingenzi byaranzwe n’ubutumwa bw’ubumwe, uburezi
n’imyidagaduro.
InyaRwanda
igiye kugaruka ku bintu 10 byaranze iki gitaramo cyasoje Giants of Africa
1. The Ben
yaririmbye yicurangira Piano na Guitar
The
Ben, umunyarwanda wiyubakiye izina ku ruhando mpuzamahanga, ni we wafunguye iki
gitaramo. Yatunguranye ku buryo bukomeye ubwo yigaragazaga mu buryo bushya bwo
kuririmba, yicurangira gitari, piano ndetse akanakubita ingoma.
Yaririmbye
mu buryo bwihariye indirimbo ye ‘Habibi’ mu buryo bushya, anafashwa na Miss
Rwanda 2021 Ingabire Grace mu kubyina ‘Chorégraphie’ y’indirimbo. Yagaragaje
impano ye yihariye ku rwego rwo hejuru, ibintu benshi batari bamuziho.
2. MC Tino
yafashije The Ben gushyushya abafana ku rubyiniro
Mbere
y’uko The Ben afata indangururamajwi, MC Tino ni we wabanje gushyushya
urubyiniro. Yakoranye neza na The Ben, bafasha abafana kwinjira mu mwuka
w’igitaramo. Ibi byatumye itangira rya The Ben riba ryuzuye imbaraga
n’urukundo.
3. Timaya
yasitaye kuri ‘Stage’, asaba ko ibyamusitaje bivaho
Ubwo
yageraga ku rubyiniro saa 20:30’, umunya-Nigeria Timaya yahuye n’imbogamizi
z’ibikoresho byari ku rubyiniro. Yasitaye ku matara, ahita asaba ko
bayakuraho. Ati: “Please remove this.”
Nubwo
yahuye n’iki kibazo, yakomeje igitaramo cyihuse, atanga ibyishimo ku buryo yari
nk’uwimara ipfa. Byari ubwa mbere ataramira muri BK Arena, igitaramo cyasize
urwibutso.
4. Timaya yavugiye
i Kigali ko yiteguye kurushinga n’umunyarwandakazi
Mu gihe cy’igitaramo, Timaya yagaragaje ko yishimiye urugwiro yahawe, avuga amagambo yakuruye imbaga: “Ntabwo ngiye kubabeshya, ariko ndumva nzarushinga n’umunyarwandakazi.” Aya magambo yaherekejwe n’amashyi menshi n’ibyishimo byari muri BK Arena.
5. Kizz Daniel
yazonzwe n’umubyinnyi Divine Uwa, asaba akaruhuko
Ubwo
Kizz Daniel yaririmbaga, umubyinnyi w’umunyarwandakazi Divine Uwa yamuteruye mu
buryo bw’imbyino, amukoraho bihambaye kugeza ubwo uyu muhanzi yasabye ko
amureka agahumeka.
Yicaye
hasi ku rubyiniro avuga ko akeneye umwanya muto, ibintu byateye abantu kumwenyura
no kurushaho kwishimira igitaramo.
6. Inkumi yasanze
Kizz Daniel ku rubyiniro, bagirana ibihe byiza
Mu
gice cy’igitaramo cye, Kizz Daniel yatunguwe n’inkumi yaje ku rubyiniro
imushaka, maze amusanga, baraganira mu gihe gito. Ibi byatumye abafana barushaho
gushyuha, abandi batangira kuzamura amaboko bavuga ngo “Kizz Daniel we love
you!”
7. Sherrie Silver
yigaragaje ku rubyiniro rwa Kizz Daniel
Umubyinnyi
mpuzamahanga w’umunyarwandakazi Sherrie Silver, wigeze no gukora imbyino za
Childish Gambino mu ndirimbo “This Is America”, yagaragaye ku rubyiniro rwa
Kizz Daniel, arimo kumushigikira. Yagaragaye abyina, asuhuza abafana, yambaye
imyambaro itangaje n’imyambarire igezweho.
8. Ayra Starr
yatigishije ikibuno biratinda, n’ubwo babanje kumwitiranya na Tyla
Mu
gihe yari agiye gutangira, bamwe mu bafana baramwitiranyije na Tyla wo muri
Afurika y’Epfo. Ariko amaze gutangira kuririmba indirimbo ‘Bloody Samaritan’,
ibyo byose byahise bihinduka. Yabyinaga mu buryo bugezweho, atigisa ikibuno,
akoresheje imbaraga nyinshi n’imyambarire yihariye.
Ni
nako byagenze ku bashyushyarugambaga bamuhamagaye ku rubyiniro, kuko babanje
kuvuga ko bagiye kwakira kuri ‘stage’ Tyla, nyuma bisubiraho bavuga ko ari Ayra
Starr.
9. Ayra Starr
yaririmbye mu buryo bwa ‘Playback’ ariko anyura abantu
Nubwo
ataririmbye ‘Live’ kenshi, ahubwo akoresha Playback, Ayra Starr yakoranyije
n’ababyinnyi be ubuhanga bwatumye abantu bose babyina. Yaririmbye indirimbo nka
Away, My Baby, Sability, n’izindi, anashimira Kigali ati: “Kigali, muri beza
cyane!”
10. Ayra Starr
yateguriwe urubyiniro mu gihe cy’iminota 15’ gusa
Mu
gihe gito cyane, ni ukuvuga iminota 15 gusa, abategura igitaramo bateguye
urubyiniro rwa Ayra Starr. Nyamara ibyo bitabujije ko igitaramo cye kiba cyiza.
Yinjiye
afite ababyinnyi batanu (abasore batatu n’inkumi ebyiri), yambaye akabutura
gato n’imikufi mu ijosi, ibintu byatumye arushaho kugaragara nk’umuhanzi
w’icyamamare.
Iki
gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuwa 2 Kanama 2025, kirangiza icyumweru cyahurije
hamwe urubyiruko 320 ruturutse mu bihugu 20 bya Afurika mu mushinga wa Giants
of Africa.
Masai Ujiri, washinze iri serukiramuco, yashimiye Perezida Kagame n’Abanyarwanda ku rugwiro n’ubufatanye, avuga ko “abanyafurika turirimba, dukina, tukabyina, ariko hejuru ya byose, twubaka umuryango umwe udafite imipaka.”
The
Ben yagaragaye ku rubyiniro yicurangira gitari, Piano, akubita ingoma ndetse anacuranga
piano mu buryo butangaje
Yafashijwe
na Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace, mu kubyina chorégraphie y’indirimbo
"Habibi"
Mu
ndirimbo "Thank You" yakoranye na Tom Close, The Ben yashimangiye
isano ye n’umuziki nyarwanda w’ibihe byose
Ababyinnyi
ba The Ben bari bambaye imyenda y’ibitenge, bashimangira umuco wa Afurika
Yaririmbye
indirimbo ze zakunzwe nka "Plenty Love", "Why",
"Folomiana" na "Sikosa", asiga BK Arena iri mu byishimo
Timaya
yatsitaye ku rubyiniro, asaba ko amatara amuteye ikibazo akurwaho, mbere y’uko
atangira kuririmba
Mu
buryo butunguranye, Timaya yavugiye i Kigali ko ashaka kurushinga
n’umunyarwandakazi
Nubwo yahuye n’imbogamizi ku rubyiniro, Timaya yataramiye abantu atikoresheje, ashimangira ko agifite ingufu
Yaririmbye
indirimbo ze zakanyujijeho, yerekana ko nubwo atari asanzwe yitabira ibitaramo
byo mu karere, agifite ubukaka
Timaya
yageze ku rubyiniro saa 20:30’ agaragariza abafana ko Kigali imuteye ibyishimo
bikomeye
Kizz
Daniel yahuye n’akaga ko guterurwa n’umubyinnyi Divine Uwa kugeza ubwo asabye
kuruhuka ku rubyiniro
Uyu
muhanzi yicaye hasi mu gihe cy’igitaramo avuga ko akeneye umwanya muto wo guhumeka,
abafana baramushigikira
Kizz
Daniel yaririmbye indirimbo nka “Cough”, “Nesesari”, “For You” yakoranye na
Wizkid n’izindi zakunzwe
Yaririmbye “Buga” aririmba n’ijwi ryuzuye imbaraga, BK Arena yose ihaguruka
ruka ibyina
Mu rwego rwo gutaramira abafana, Kizz Daniel yavuze ko yishimiye kuba i Kigali, abwira abanyarwanda ati: “Ndabakunda!”
Ayra
Starr yageze ku rubyiniro yambaye agakabutura gato, imikufi, n’imyenda
y’umukara, ateza impagarara muri BK Arena
Nubwo
yaririmbye mu buryo bwa playback, yaririmbye “Away” avuga ko yishimiye i Kigali: “Ni ibihe byiza
kuri njye.”
Yatangiye
kuririmba saa 23:10’ nyuma yo gutegurirwa urubyiniro mu minota 15 gusa, ariko
abikora atunganye
Ayra
Starr yabuzaga abantu kudatangirira cyane umubiri we, ahubwo bagataramana nawe
Ayra
Starr yagaragaye arimo gutigisa ikibuno mu buryo bugezweho, atuma abafana
bahaguruka bakajya ku rubyiniro kurushanwa kubyina
Yaririmbye “My Baby”, “Sability”, “Last Heartbreak” n’izindi, ari kumwe n’ababyinnyi be batanu bari babukereye
Umunyamakuru wa RBA, Luckman Nzeyimana ndetse na Rocky Try bafatanyije kuyobora iki gitaramo cya Giants of Africa
THE BEN YAKORANYE NA MISS INGABIRE GRACE KU RUBYINIRO RWA BK ARENA
KIZZ DANIEL YATUNGUWE N'INKUMI ZAMUSANZE KU RUBYINIRO BAKANYINANA
AYRA STARR YATARAMIYE I KIGALI KU NSHURO YE YA MBERE NYUMA Y'IGIHE ATEGEREJWE
VIDEO:
Jean Nshimiyimana –InyaRwanda.com
AMAFOTO:
THE NEW TIMES &shutter click