Kigali: Abapolisi bo mu bihugu 9 bari guhugurwa ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Amakuru ku Rwanda - 09/06/2026 5:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Kigali: Abapolisi bo mu bihugu 9 bari guhugurwa ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Polisi y’u Rwanda yatangije amahugurwa yihariye agamije kongerera ubumenyi abapolisi bazahugura abandi mu bijyanye no kugenza ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina (SGBV), mu rwego rwo kurushaho guhangana n’iki kibazo gikomeje kugira ingaruka zikomeye ku muryango nyarwanda no ku bihugu byo mu karere.


Aya mahugurwa yatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Mbere, tariki ya 8 Kamena, n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza. Arimo kubera ku Cyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, akaba azamara iminsi 10.

Nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Polisi y’u Rwanda, aya mahugurwa yitabiriwe n’abapolisi 20 bo ku rwego rwa ba ofisiye baturutse mu bihugu icyenda bigize Umuryango uhuza Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EASF), birimo u Rwanda, u Burundi, Sudani, Comore, Ethiopia, Kenya, Djibouti, Somalia na Uganda.

Intego y’aya mahugurwa ni ugukomeza kubaka ubushobozi bw’inzego z’umutekano mu gukumira, kugenza no guhangana n’ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, cyane cyane mu bihe by’amakimbirane cyangwa ahari ibibazo by’umutekano muke.


Mu ijambo rye, DCG Ujeneza yagaragaje ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje kuba kimwe mu bibazo bikomeye bibangamira uburenganzira bwa muntu ndetse rigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abarikorewe n’imiryango yabo.

Yavuze ko iri hohoterwa ritagira ingaruka ku muntu ku giti cye gusa, ahubwo rishobora gusenya ingo, gutesha agaciro abarigiriwe no guhungabanya ubumwe n’imibanire myiza y’abaturage.

Ati: “Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje kuba kimwe mu byaha bikomeye birenga imbibi z’uburenganzira bwa muntu muri iki gihe. Ibyo muzigira hano muzabifate neza kugira ngo muzabyigishe abo muzasanga mu bihugu mukomokamo, dukomeze kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina iryo ari ryo ryose.”

Yakomeje ashimangira ko gukumira no kurwanya ihohoterwa bisaba ubufatanye bw’ibihugu n’inzego zitandukanye, bityo ko amahugurwa nk’aya ari imwe mu nzira zifasha kubaka ubushobozi bw’abashinzwe umutekano no kunoza uburyo bwo gukurikirana ibyaha.

DCG Ujeneza yavuze kandi ko guhuriza hamwe abapolisi baturutse mu bihugu bitandukanye bifasha gusangira ubunararibonye no gushimangira ubufatanye bw’akarere mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, birimo n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ati: “Twahisemo kuzana abapolisi bakomoka mu bindi bihugu mu rwego rwo guteza imbere ubufatanye mu guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku rwego rw’umuryango n’ibihugu biwugize, mu karere n’ahandi ku isi.”


Ku ruhande rwa EASF, Col. Melance Ntakiyiruta, wari uhagarariye Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango, yavuze ko aya mahugurwa afite akamaro gakomeye mu kongerera ubushobozi abapolisi bazagira uruhare mu guhugura bagenzi babo no gutanga umusanzu mu gukumira no guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Yashimye u Rwanda rwakiriye aya mahugurwa ndetse anashimira abapolisi bo muri Denmark bazatanga ubumenyi n’ubunararibonye mu kuyafasha kugenda neza.

Yavuze ko abitabiriye aya mahugurwa bazasubira mu bihugu byabo bafite ubumenyi buhagije buzabafasha mu gutoza bagenzi babo no kugira uruhare mu kubaka inzego z’umutekano zifite ubushobozi bwo kurengera abaturage no guharanira ubutabera.

Aya mahugurwa agaragaza umuhate w’ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba mu gushyira imbere uburenganzira bwa muntu, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kongera ubushobozi bw’inzego z’umutekano kugira ngo zibashe gukumira no guhangana n’iki kibazo gikomeje kugaragara hirya no hino ku isi.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...