Kidum yagizwe ‘Brand Ambassador’ wa ‘Be One Gin’ mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba- AMAFOTO

Imyidagaduro - 08/09/2025 2:14 PM
Share:

Umwanditsi:

Kidum yagizwe ‘Brand Ambassador’ wa ‘Be One Gin’ mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba- AMAFOTO

Umuhanzi w’inararibonye ku mugabane wa Afurika, Nimbona Jean Pierre uzwi cyane nka Kidum, yamaze kugirwa ‘Brand Ambassador’ w’ikinyobwa cya Be One Gin gikorwa na Roots Investment Group Ltd, mu masezerano yashyizweho umukono ku wa Mbere tariki 8 Nzeri 2025 i Kigali.

Ni ubwa kabiri mu myaka irenga 50 amaze mu muziki, uyu muhanzi ukomoka mu Burundi ariko uba muri Kenya, asinye amasezerano akomeye yo kwamamaza ikinyobwa muri aka karere. Aheruka gusinya amasezerano nk’aya mu 2011, ubwo yamamazaga inzoga za Primus i Bujumbura.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Habumugisha Jean Paul, Umuyobozi wa Roots Investment Company, yavuze ko bahisemo Kidum kubera ijwi rye ryambukiranya imipaka ndetse n’ubwamamare afite mu karere kose.

Ati “Kidum afite ibikorwa byambukiranyije igihugu; yavukiye mu Burundi, kandi akora imiziki yaba mu Burundi bakayumva, cyo kimwe no mu Rwanda. Ubu rero asigaye atuye muri Kenya ariko nk’umuntu munini akorera mu bihugu byinshi. N’iyo mpamvu twavuze ngo Kidum ni umuntu munini ushobora kutuma ibyo ducuruza bimenyekana cyane.”

Yasobanuye ko ubu bakora Be One Gin iri mu icupa rinini nyuma yo kumva ibitekerezo by’abakiriya babo. Yongeraho ko muri kontaro ya Kidum harimo kuyamamaza mu bitaramo no mu ngendo ze za muzika, ndetse n’ahandi azajya akorera ibikorwa byo gucuruza.

Ati “Muri kontaro ye harimo ko azajya akora n’ubucuruzi. Aho azajya akorera hose, nkora muri Bar akoreramo, hose bazajya bayicuruza. Azayijyana rero ayamamaze, anayicuruze.”

Kidum yagaragaje ko kwemera gukorana na Be One Gin byaturutse ku “karusho” yabonye muri aya masezerano mashya.

Ati: “Sinababeshya, amasezerano abyibushye nk’aya bwa mbere nayasinye mu 2011. Ariko aya afite akarusho kuko ubu nemerewe no gucuruza Be One Gin muri Kenya aho mba. Ni ikintu kinyuze umutima.”

Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Amasozi y’urukundo’ na ‘Haturudi Nyuma’, yavuze ko bwa mbere ataramira mu Rwanda hari mu 2003, kuva icyo gihe akaza kugaruka mu bitaramo birenga 100 byaberaga mu gihugu.

Ati: “Nagize umugisha mu 2004 wo kuririmbana na Lucky Dube, ngaruka mu maserukiramuco atandukanye, nza mu bukwe n’ibihe bigoye. U Rwanda rwambereye nk’iwacu kuko nabaye gahuzamiryango hagati y’Abarundi n’Abanyarwanda.”

Uretse kuba azajya amenyekanisha Be One Gin mu bitaramo bye, Kidum anafite uburenganzira bwo kuyicuruza mu bihugu azajya akoreramo, cyane cyane muri Kenya, aho asanzwe atuye n’umuryango we.

Aya masezerano mashya y'imyaka ibiri ashobora kuzamura izina rya Kidum mu ruhando rw’ubucuruzi nk’uko yigaruriye imitima y’abakunzi b’umuziki mu myaka isaga 40 ishize. 

Kidum asinya amasezerano yo kuba Brand Ambassador wa Be One Gin i Kigali 

Umuyobozi wa Roots Investment Group Ltd, Habumugisha Jean Paul, ashyikiriza Kidum amasezerano y’ubufatanye


Kidum yishimira guhabwa icyizere nk’umuhanzi mpuzamahanga uzamamaza Be One Gin 

Abayobozi ba Roots Investment Group Ltd hamwe na Kidum nyuma yo gushyira umukono ku masezerano bamwereka ibice binyuranye bigize uruganda


Kidum mbere yo kuganira n’itangazamakuru i Kigali ku masezerano mashya yo kwamamaza Be One Gin, yabanje kugaragaza ibinyobwa bya Be One Gin

Kidum yeretswe imishani zinyuranye zifashishishwa mu ruganda rwa Be One Gin ruherereye ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali

Kidum ari kumwe n'abayobozi banyuranye basura Uruganda rwa Be One Gin kugirango yihere ijisho imikorere yarwo

Kidum yavuze ko yiteguye gukoresha ijwi rye mu kumenyekanisha ibikorwa bya Be One Gin ku Isi yose

Kidum yagaragaje Be One Gin yamuhaye amasezerano anyuze umutima we, bityo yiteguye gukora uko ashoboye

AMAFOTO: Dox Visual- InyaRwanda.com



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...