Kidum yagiye kuba muri Kenya nyuma yo kubeshywa ko HCR ijyana impunzi i Burayi

Imyidagaduro - 09/05/2026 8:32 AM
Share:

Umwanditsi:

Kidum yagiye kuba muri Kenya nyuma yo kubeshywa ko HCR ijyana impunzi i Burayi

Kidum yatangaje ko yageze muri Kenya akiri umusore muto nyuma yo kubeshywa ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR) rijyana impunzi i Burayi, ibintu yavuze ko byahinduye burundu ubuzima bwe ndetse bikaba ari na byo byamwinjije mu rugendo rwamugize umwe mu bahanzi bakomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Uyu muhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afro-Zouk yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Gicurasi 2026, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru mbere y’igitaramo yahuriyemo na Kirikou Akili kuri Mount Zion Hotel.

Kidum, amazina ye nyakuri akaba ari Nimbona Jean Pierre, yavuze ko yavukiye muri karitsiye ya Kinama mu Mujyi wa Bujumbura ku wa 28 Ugushyingo 1974, avukira mu muryango w’abana batandatu. Yavuze ko akiri umwana yakundaga cyane umuziki ndetse ko yatangiye awucuranga mu buryo bworoheje cyane.

Ati: “Nkiri umwana w’imyaka nka 10 nacurangaga ingoma. Najyaga ndirimba no mu mazu yari akiri kubakwa bakampa amafaranga make.”

Uyu muhanzi yavuze ko yakuriye mu kigo cya Centre Jeune Kamenge, cyafashaga urubyiruko guteza imbere impano zitandukanye zirimo umuziki, umuco n’imikino, ari naho yarushijeho gukomereza impano ye.

Yagiye muri Kenya ashaka inzira y’i Burayi

Kidum yavuze ko ubuzima bwe bwahindutse ubwo yari agiye gutangira umwaka wa nyuma w’amashuri yisumbuye, aho yabeshywe n’umuntu wamubwiye ko HCR ifata impunzi zikajya gutuzwa i Burayi.

Ati: “Nagiye muri Kenya kubera igihuha. Hari uwambwiye ko HCR iterura impunzi ikazijyana i Burayi. Nagezeyo nsanga ibintu bitandukanye n’uko nabibwiwe.”

Yavuze ko ageze muri Kenya yahise ahabwa ibyangombwa by’impunzi, nyuma aza koherezwa mu nkambi ya Kakuma iri hafi y’umupaka wa Sudani y’Epfo. Gusa yavuze ko nubwo ubuzima bwari bugoye, ari ho umuziki we watangiriye gufata indi ntera.

Ati: “Agezeyo nabonye akazi ko gucuranga nk’umucuranzi w’ingoma muri ‘orchestre’. Ni ho natangiriye kubona amafaranga make make ariko nkiri no kwandika indirimbo.”

Indirimbo “Yaramenje” ni yo yamwinjije mu muziki

Kidum yavuze ko icyo gihe yari afite inzozi zo gusohora indirimbo ze ariko ubushobozi bukiri buke. Yaje kugenda abika amafaranga make yakuraga mu muziki kugeza abashije gukora indirimbo ye ya mbere yise “Yaramenje”.

Icyakora yavuze ko ikibazo gikomeye cyari uburyo iyo ndirimbo yagombaga kugera mu Burundi kuko icyo gihe ikoranabuhanga ritari ryateye imbere, bityo indirimbo zikamamara binyuze kuri Radio.

Ati: “Icyo gihe indirimbo zabaga ziri kuri CD. Kugira ngo imenyekane byasabaga kuyigeza kuri radio.”

Kidum yavuze ko amahirwe yayabonye ubwo uwari Perezida w’u Burundi icyo gihe, Pierre Buyoya, yagiriraga uruzinduko muri Kenya akaganira n’Abarundi bahatuye.

Uyu muhanzi yavuze ko icyo gihe atagiye gusa kumva Perezida Buyoya, ahubwo yashakaga umuntu wamufasha kugeza indirimbo ye mu Burundi.

Ati: “Najyanye CD yanjye muri icyo kiganiro nyiha Appolinaire Gahungu wari umuvugizi wa Perezida Buyoya.”

Yavuze ko nyuma yaje kumuhamagara kuri telefone zo mu muhanda zizwi nka ‘call box’, maze amubwira ko indirimbo ye ari nziza kandi ko ashobora kuzagira ejo heza mu muziki.

Kidum yavuze ko uwo muvugizi yanamugiriye inama ikomeye yo kubaha abanyamakuru kuko ari bo bagize uruhare rukomeye mu gutuma indirimbo ye imenyekana.

Yaje kuba umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba

Nyuma yo kumenyekana kwa “Yaramenje”, Kidum yakomeje gukora indirimbo zakunzwe cyane mu Burundi no mu karere, aza kuba umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Mu 2012, Kidum yegukanye igihembo cya Kora Awards 2012 nk’umuhanzi mwiza muri Afurika y’Iburasirazuba, ibintu yavuze ko byamubereye ishema rikomeye nyuma y’urugendo rutoroshye yanyuzemo.

Uyu munsi Kidum abarizwa mu bahanzi bafite ibigwi bikomeye mu muziki w’u Burundi no mu karere, aho indirimbo ze zirimo “Haturudi Nyuma”, “Mapenzi”, “Nitafanya” n’izindi zikomeje gukundwa n’abatari bake.

 

Kidum yavuze uko urugendo rutoroshye rwamugejeje ku kuba umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba

Kuva mu nkambi ya Kakuma kugeza ku bihembo bya Kora Awards 2012 - Kidum yavuze amateka y’ubuzima bwe mbere y’igitaramo yahuriyemo na Kirikou Akili mu Burundi


 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...