Kidum yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Kamena 2026, akaba aje mu bikorwa by'umuziki nk'uko yabitangarije abanyamakuru bamwakiriye i Kanombe ku kibuga cy'indege.
Ubwo yageraga mu Rwanda, Kidum yavuze ku ihangana rya The Ben na Bruce Melodie mu muziki w'u Rwanda avuga ko bose ari abatagatifu mu byo bakora ndetse ahishura ko idindira rya album yari gukorana na Massamba ryatewe n'umwanya muto.
Nyuma
y’uko yaherukaga mu Rwanda ku itariki ya 13 Gashyantare 2026 mu gitaramo cya
Yvan Muziki, Kidumu yongeye kugaruka mu Rwanda.
Uyu
muhanzi w'i Burundi wubatse ibigwi mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba, yageze mu Rwanda
mu bikorwa bye by’umuziki birimo n'ibitaramo bibiri azakorera mu mujyi wa
Kigali.
Ubwo
aheruka mu Rwanda, yari yijeje abanyarwanda ko azakorana album na Masamba nyuma
y’uko bari bahuriye mu gitaramo cya Yvan Muziki ndetse avuga ko agiye
kuzenguruka ibihugu byinshi akora imiziki.
Ubwo
yari ageze ku kibuga cy'indege, yavuze ko "Twabaye nk'indaya kuko duhora
mu ngendo. Nkubu nageze i Kigali hano bahita bambwira ko Massamba ari mu
Bufaransa. Buri wese aba arimo ashaka ubuzima tukabura uko duhuza
umwanya."
Ageze
ku ihangana rya The Ben na Bruce Melody, Kidumu yavuze ko bose ari abatagatifu
mu byo bakora. Yagize ati: "Usomye Bibiliya harimo Matayo Mutagatifu, yitwa
Mutagatifu. Hakaba na Yohana Mutagatifu. Bisobanuye iki rero? Bose ni
abatagatifu."



