Kidum yabitswe ari muzima

Imyidagaduro - 15/05/2026 6:56 AM
Share:

Umwanditsi:

Kidum yabitswe ari muzima

Umuhanzi w’icyamamare mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Kidum, yatangaje ko yatunguwe n’amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yitabye Imana nyuma y’impanuka ikomeye byavugwaga ko yabereye i Nairobi muri Kenya, igihugu asanzwe atuyemo.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 14 Gicurasi 2026, Kidum yavuze ko ari muzima ndetse ko ayo makuru ari ibihuha byaturutse ku kwitiranya amazina.

Yagize ati: “Ndi muzima rwose. Banyitiranyije n’undi muntu witwa Kidum, kuko na we asanzwe ari umukaraza.”

Aya makuru kandi yahakanywe n’umujyanama wa Kidum, wavuze ko batunguwe no kubona abantu “babika Kidum kandi ari muzima.”

Ati: “Ubu ni ubutumwa bwo guhumuriza abakunzi be n’inshuti ze. Hari amakuru ari gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Kidum yakoze impanuka i Nairobi agapfa, ariko si ukuri na mba. Uwakoze impanuka ni undi muntu witwa Kidum.”

Yakomeje asobanura ko “Kidum Kibido wa nyawe” ari muzima kandi ari mu rugendo rw’akazi muri Indonesia.

Aya makuru aje nyuma y’iminsi mike uyu muhanzi akoze igitaramo mu Burundi yahuriyemo na Kirikou Akili, cyitabiriwe n’abakunzi benshi b’umuziki.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Kidum yasubiyemo urugendo rutoroshye rwamugejeje ku muziki ndetse n’ubuzima bwe muri Kenya.

Uyu muhanzi yavuze ko yagiye muri Kenya akiri muto nyuma yo kubeshywa ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, rijyana impunzi i Burayi.

Avuga ko ageze muri Kenya yahise ahabwa ibyangombwa by’impunzi, nyuma aza koherezwa mu nkambi ya Kakuma iri hafi y’umupaka wa Sudani y’Epfo. Nubwo ubuzima bwari bugoye muri iyo nkambi, ni ho umuziki we watangiriye kugira icyerekezo.

Ati: “Nabonye akazi ko gucuranga nk’umucuranzi w’ingoma muri orchestre. Ni ho natangiriye kubona amafaranga make make ariko nkiri no kwandika indirimbo.”

Kidum yavuze ko yakomeje kwizigamira amafaranga yakuraga mu muziki kugeza abashije gukora indirimbo ye ya mbere yise “Yaramenje”, ari yo yabaye intangiriro y’urugendo rwe rwa muzika.

Icyakora yavuze ko icyo gihe ikibazo gikomeye cyari uburyo indirimbo ye yagombaga kugera mu Burundi, kuko ikoranabuhanga ritari ryateye imbere nk’ubu.

Ati: “Icyo gihe indirimbo zabaga ziri kuri CD. Kugira ngo imenyekane byasabaga kuyigeza kuri radio.”

Amahirwe yayabonye ubwo uwari Perezida w’u Burundi icyo gihe, Pierre Buyoya, yagiriraga uruzinduko muri Kenya akaganira n’Abarundi bahatuye.

Kidum yavuze ko icyo gihe yajyanye CD ye muri icyo kiganiro agamije gushaka umuntu wayimugeza mu Burundi.

Ati: “Najyanye CD yanjye nyiha Appolinaire Gahungu wari umuvugizi wa Perezida Buyoya.”

Avuga ko nyuma yamuhamagaye kuri telefone zo mu muhanda zizwi nka ‘call box’, amubwira ko indirimbo ye ari nziza kandi ko ashobora kuzagira ejo heza mu muziki.

Kidum yavuze kandi ko Gahungu yamugiriye inama yo kubaha abanyamakuru kuko ari bo bafite uruhare runini mu gutuma ibikorwa by’umuhanzi bimenyekana.

Nyuma y’intsinzi y’indirimbo “Yaramenje”, Kidum yakomeje gukora izindi ndirimbo zakunzwe cyane zirimo “Haturudi Nyuma”, “Mapenzi” na “Nitafanya”, aza kuba umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Mu 2012, yegukanye igihembo cya Kora Awards 2012 nk’umuhanzi mwiza muri Afurika y’Iburasirazuba, ibintu yavuze ko byamubereye ishema rikomeye nyuma y’urugendo rwuzuyemo ibigeragezo.

Kuri ubu, Kidum akomeje kuba umwe mu bahanzi bafite ibigwi bikomeye mu muziki w’u Burundi no mu karere, aho ibikorwa bye bikomeje gukundwa n’ab’ingeri zitandukanye.

 

Kidum yahumurije abakunzi be nyuma y’impanuka ikomeye yabereye mu gihugu cya Kenya

Imodoka yarimo uwitwa Kidum yangiritse mu buryo bukomeye, ibyatumye ku mbuga nkoranyambaga hasakara amakuru menshi



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...