Kid From Kigali agiye gutaramana na Dj Afrellie muri Amerika

Imyidagaduro - 01/06/2026 10:01 AM
Share:

Umwanditsi:

Kid From Kigali agiye gutaramana na Dj Afrellie muri Amerika

Kid From Kigali uheruka kuririmba mu gitaramo cya Shallipopi cyabereye Camp Kigali, ategerejwe mu bitaramo bya Kaya Moon Festival bizabera Miami akazaba ari kumwe n’umwe mu ba-Dj bari guca ibintu bigacika, Dj Afrellie.

Mu myaka itatu cyangwa ine ishize, abakurikiranira hafi umuziki ni bwo bumvishe izina Kid From Kigali nk’umwe mu bahanzi bafite impano idashidikanywaho ndetse n’ubuhanga budasanzwe mu myandikire ye.

Uyu musore yakunzwe cyane mu ndirimbo nka “Yububu”, “Muraho”, “Ahwii” ndetse n’izindi ndirimbo nyinshi zatumye atangira kwisanga aririmba mu bitaramo bikomeye mu mujyi wa Kigali.

Nyuma yo gutaramira mu gitaramo cya Shallipopi agatanga ibyishimo bisendereye ku bihumbi by’abari bitabiriye iki gitaramo, Kid From Kigali ategerejwe mu bitaramo mbaturamugabo bizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Miami.

Azaba ari kumwe na Dj Afrellie umaze kwandika izina rikomeye mu kuvanga imiziki byumwihariko ku banyarwanda n’abanyafurika batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyo Dj Afrellie ageze ku rubyiniro, ibintu bihita bihinduka. uburyo yinjiza abafana mu mwuka w’umuziki we, ku buryo uwari uhagaze atangira kwisanga ari kubyina atabigambiriye, uburyo akora ku byishimo by’abitabiriye ibirori, bigaragaza ukuboko kwe kudasanzwe mu kuvanga imiziki.

Dj Afrellie avanga imiziki mu njyana zirimo Afro-house, Amapiano, Afrobeat na Dancehall, bituma buri wese yisanga muri ‘mix’ ye bitewe n’injyana akunda.

Hari abamaze kumwita umwe mu ba-DJ b’abagore bafite izina rikomeye riri kuzamuka muri Afurika y’Iburasirazuba, kandi ibikorwa bye byatangiye kumugeza kure kurenze aho benshi batekerezaga mu gihe gito.

Kuri ubu Dj Afrellie na Kid From Kigali bagiye guhurira mu bitaramo bya Kaya Moon Festival bizabera Miami kuva 24/07/2026 kugera ku wa 26/06/2027.

Ku wa gatanu tariki ya 24/07/2026, abantu bazagera Miami hanyuma habeho kuzabanza gusuhuzanya no kumenyana ari nako Dj Afrellie avanga imiziki ku munsi wa mbere.

Ku munsi wa kabiri, hazaba ibirori bizabera ku mucanga wo kuri Miami aho abantu bazahurira, bakabyina, bagasabana ndetse bakagendera mu bwato ari nako Dj Afrellie acuranga.

Ku munsi wa gatatu ari na wo munsi wa nyuma w’ibi bitaramo, nibwo Kid From Kigali azataramira abitabiriye ibyo birori.

Kid From Kigali agiye gutaramira i Miami 

Kid From Kigali yaherukaga kuririmba mu gitaramo cyaririmbyemo umuhanzi Shallipopi

 Afreille azataramana na Kid From Kigali mu bitaramo bya Kaya Moon Festival


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...