Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, mbere yo kwita izina umwana w’ingagi w’umuryango
witwa Kwisanga, aho yavuze ko kuba yitabiriye ibi birori ari ishema rikomeye
kuri we.
Mu jambo rye hari
aho yavuze ati: “Ntewe ishema kandi nishimiye kuba umwe mu bari muri ibi birori
byo Kwita Izina. Ni amahirwe akomeye cyane kandi umwanya ukora ku mutima.
Navukiye ndetse nkurira mu Burundi, ariko uyu munsi natoranyije u Rwanda nko mu
rugo h’iteka ryose. Yego!”
Khadja Nin
yanashimye cyane u Rwanda ku bwo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima,
by’umwihariko ku bijyanye no gufata neza ingagi zo mu Birunga. Umwana w’ingagi
yise ‘Garuka’, ni uwo mu muryango wa Kwisanga, nyina w’umwana akaba
yitwa Nchili.
Khadja Nin akunze
gusura u Rwanda kenshi, aho akenshi atamara umwaka atahakandagije ikirenge.
Yamenyekanye cyane
kubera indirimbo zamamaye ku buryo bw’isi nka “Sambolera”, “Wale Watu” na
“Mama”. Yabaye igihe kinini mu Burayi, aho yakomeje gukorera umuziki we
n’ubuhanzi bwe.
Umwihariko we ni ijwi rye rirangwamo ubuhanga n’uburyo abasha guhuza injyana gakondo n’izamuka rigezweho ry’umuziki w’Afurika.
Navukiye mu Burundi, ariko uyu munsi nahisemo u Rwanda nko mu rugo h’iteka ryose. Yego!” –Ni ko Kadja Nini yatangaje ko mbere yo Kwita Izina umwana w’ingagi
“Ntewe ishema kandi nishimiye kuba umwe mu bitabiriye ibi birori byo Kwita Izina. Ni amahirwe akomeye kandi akora ku mutima.”
“U Rwanda kuri njye
ubu ni urugo rwanjye.” – Niko Kadja Nini yatangaje
Kadja Nin yavuze ko
ashima u Rwanda ku bwo kubungabunga ingagi no kurengera urusobe
rw’ibinyabuzima
“Guhura n’uyu
mwana w’ingagi no kwita izina ni umwanya ukora ku mutima wanjye.” –Kadja Nini
Kadja Nin yamamaye
binyuze mu ndirimbo zirimo nka 'Sambolera'
KANDA HANO UREBE UKO ARIEL WAYZ YITWAYE KU RUBYINIRO MU KWITA IZINA