Aya makuru yayatangaje kuri uyu wa
Mbere tariki ya 15 Kamena 2026, anyujijwe ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yashyize
hanze itangazo risobanura ko ubuzima bwe butamwemerera kwitabira ibi bitaramo
byari byitezwe n'abakunzi be hirya no hino mu gihugu.
Muri iri tangazo, ubuyobozi
bumureberera inyungu mu muziki bwavuze ko Kevin Kade ari kwitabwaho n'abaganga nyuma yo
kugira ikibazo cy'ubuzima, bityo abaganga bakaba bamusabye kubanza kwita ku
buzima bwe mbere yo gusubira mu bikorwa bya muzika.
Bagize bati: "N'umutima
uremereye turamenyesha abakunzi ba Kevin Kade bose ko afite ikibazo cy'uburwai
kandi ari gukurikiranwa n'abaganga. Dukurikije inama y'abaganga, ntabwo
azashobora kwitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bitegurwa na
EAP."
Bakomeje bavuga ko ari ibihe bikomeye
kuri uyu muhanzi wari utegereje guhura n'abafana be mu bice bitandukanye by'u
Rwanda, ariko ko ubuzima bwe bugomba kubanza kwitabwaho mbere ya byose.
Bashimiye EAP ku
bwumvikane bagaragaje nyuma yo kumenyeshwa iki kibazo, bunashimira abakunzi
b'uyu muhanzi ku rukundo, amasengesho n'inkunga bakomeje kumugaragariza muri
ibi bihe.
Si ubwa mbere Kevin Kade asezeye
muri MTN Iwacu Muzika Festival. No mu mwaka ushize wa 2025, uyu muhanzi yari
yikuye muri ibi bitaramo ngarukamwaka, ibintu byatumye abakunzi be bongera
kwibaza ku mpamvu zatumye atongera kuboneka muri iri serukiramuco rikomeye rihuza
abahanzi n'abafana mu gihugu hose.
Byongeye kandi, Kevin Kade
ntiyanagaragaye mu kiganiro n'itangazamakuru cyahuje abahanzi bazitabira MTN
Iwacu Muzika Festival 2026, cyabereye i Kigali tariki ya 18 Gicurasi 2026, ibintu byari byaratumye bamwe batangira gukeka ko ashobora kuba
atazaboneka muri ibi bitaramo.

Kevin Kade yatangaje ko yasezeye
muri MTN Iwacu Muzika Festival kubera uburwayi

Itangazo rya Kevin Kade risubiramo,
risaba abafana kumuzirikana mu masengesho muri iki gihe
