Kevin Hart yanyujije kuri Netfilx bimwe mu byabaye ubwo yasuraga ingagi mu Birunga

Imyidagaduro - 25/11/2025 7:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Kevin Hart yanyujije kuri Netfilx bimwe mu byabaye ubwo yasuraga ingagi mu Birunga

Umukinnyi wa filime akaba n’umunyarwenya Mpuzamahanga, Kevin Hart, yashyize hanze igice cya filime y’urwenya “Kevin Hart: Acting My Age” itambuka kuri Netflix, harimo igice avugamo ibihe yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga ingagi mu Birunga muri Nyakanga 2023.

Ni ubuhamya bwatumye umubare munini w’abarebye iki kiganiro bwa mbere batekereza ku ngagi z’u Rwanda n’ubwiza bwa Pariki y’Ibirunga.

Kevin Hart yari atuje ariko yiteguye guhindura inkuru isekeje, akoroshya iby’ingenzi byo gusura ingagi, ariko anabishyira mu murongo w’ukuri ku buryo u Rwanda rugaragaramo rwisanzuye.

Mu mwanya munini yageneye u Rwanda muri iki gice gishya cya Netflix, Kevin Hart yibutse uko yaje mu Rwanda muri Nyakanga 2023, urugendo rwari rwashibutse mu bitekerezo by’inshuti ye Ellen DeGeneres n’igitutu cy’umugore we n’abana be.

Yavuze uburyo byari ubwa mbere akandagije ikirenge mu Rwanda, ariko yaryohewe no kumva ko agiye mu gihugu gituje, gitekanye kandi gifite byinshi.

Mu buryo bwe busanzwe bwo gukorana n’amarangamutima, Kevin Hart asobanura uko yabwiwe ko azasura ingagi, akumva ko ari nk’ibikorwa byo gutembera bisanzwe.

Nyamara uko yinjiraga muri Pariki y’Ibirunga niko yatungurwaga. Nta kirahure, nta n’uruzitiro rurerure: ni amaso ku maso n’ingagi, icyo gihe atangira kubyumva mu buryo bwe bushya.

Ni urugendo rwagizwe n’ibirenge mu misozi ya Musanze, urusaku rucyeya rw’amashyamba, n’urusaku ruto rw’ingagi zituje zigendera mu bwisanzure bwazo.

Kevin Hart avuga ko ari bwo yamenye agaciro k’ingagi n’ibikorwa bikomeye byo kuzibungabunga. Ibyo yabivuze inshuro nyinshi, harimo n’igihe yari ku kiganiro The Tonight Show Starring Jimmy Fallon, aho yasubiriyemo uburyo yahuriye n’ingagi amaso ku yandi, ibintu avuga ko bitigeze binyura ku ntekerezo ze mbere.

Uretse gusura ingagi, Hart n’umuryango basuye Pariki y’Akagera, basura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ndetse basura Haute Baso bagura imyambaro n’ibindi bikoresho bikorerwa mu Rwanda.

Icyo gice cya “Acting My Age” kirenze kuba urwenya. Ni uburyo bukomeye bwo kugeza ubukerarugendo bw’u Rwanda ku bantu babarirwa muri za miliyoni bareba Netflix ku isi hose.

Gutuma igihugu kivugwa mu buryo bwiza, gifite isura y’umutekano, ubwiza bw’ibyiza karemano, n’ubushobozi bwo kwakira abashyitsi, ni intambwe ikomeye ku bukerarugendo bw’u Rwanda.

Muri iyo minota 13, Kevin Hart yitwaye nk’umunyabigwi w’ukuri, ariko anagaragaza urugendo rw’umuntu wanyuze mu Rwanda, agasohoka arwubaha kurusha uko yari aruzi. Ni inkuru y’isomo, y’urwenya, kandi yuzuza ishusho y’igihugu cyiyubaka ku buryo wumva uramutse ubifitiye ubushobozi, wahita uhagendera.

Mu gusoza, "Kevin Hart: Acting My Age" ni urwenya, ni inkuru, ni urugendo—ariko cyane cyane ni ubuhamya bw’uko gusura u Rwanda bituma umuntu ataha yisubiyeho.

Kevin Hart ni umunyarwenya, umukinnyi wa filime, umwanditsi n’umushoramari ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, wavutse ku wa 6 Nyakanga 1979.

Yamenyekanye cyane kubera ibikorwa bye by’urwenya (stand-up comedy) no gukina muri filime zikomeye nka Jumanji, Central Intelligence, Ride Along, Think Like a Man n’izindi.

Azwi ku mbaraga nyinshi ku rubyiniro n’imivugire yihuse isekeje, “Stand-up specials” zakunzwe cyane ku isi, ibikorwa bya Hollywood byamugize umwe mu banyarwenya bahembwa cyane ku isi, ndetse n’urugwiro n’ukuri agira mu gusangiza abantu ubuzima bwe bwite mu buryo bw’urwenya

Kuri ubu ni umwe mu bantu bafite izina rikomeye mu mukino wo gusetsa ku rwego mpuzamahanga

 

Kevin Hart yavuze ku munsi bamubwira kujya gusura ingagi mu Birunga ari kumwe n’umuryango we

NETFLIX YAGARAGAJE INCAMAKE Y’IGICE “ACTING MY AGE” YA KEVIN HART


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...