Kesha yashinje White House gukoresha indirimbo ye mu ntambara

Imyidagaduro - 03/03/2026 8:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Kesha yashinje White House gukoresha indirimbo ye mu ntambara

Umuhanzikazi w’Umunyamerika Kesha yinjiye mu mpaka zikomeye n’Ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo gushinja White House gukoresha indirimbo ye “Blow” nta burenganzira, mu mashusho yashyizwe kuri TikTok agaragaza indege z’intambara ziguruka.

Ibi byabaye ku wa Mbere, tariki ya 2 Werurwe 2026, ubwo Kesha yandikaga kuri X no kuri Instagram ko yatunguwe no kubona indirimbo ye yo mu 2010, “Blow”, ikoreshwa mu mashusho yiswe “Lethality”, agaragaza indege z’intambara zizamuka mu kirere.

Mu butumwa bwe, Kesha yagize ati “Namenyeshejwe ko White House yakoresheje imwe mu ndirimbo zanjye kuri TikTok mu rwego rwo gushishikariza urugomo no gutera intambara. Kugira intambara nk’aho ari ibintu byoroheje ni igikorwa giteye isoni kandi kidafite ubumuntu. Ntabwo na rimwe nemera ko umuziki wanjye ukoreshwa mu guteza urugomo urwo ari rwo rwose.”

Yakomeje ashimangira ko ibyo byakozwe bihabanye n’indangagaciro aharanira, agira ati “Urukundo ruhora rutsinda urwango. Mwikunde kandi mukundane muri ibi bihe. Ibi bikorwa bigaragaza kutita ku buzima bw’abantu kandi bihabanye n’ibyo mpagarariye.”

Mu butumwa bwe kandi, Kesha yagarutse kuri Perezida wa Amerika, Donald Trump, avuga ko adakwiye gutuma abantu bibagirwa ibindi birego byamuvuzweho, birimo kugaragara mu nyandiko zizwi nka “Epstein Files”.

Nyuma y’amasaha make, Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri White House, Steven Cheung, yasubije Kesha kuri X, agaragaza ko batigeze bahangayikishwa n’ibyo yavuze.

Yagize ati: “Aba ‘baririmbyi’ bose bakomeje kugwa muri uyu mutego. Ibi biduha izindi ‘views’ [Kurebwa cyane] nyinshi kuko abantu bashaka kureba ibyo binubira. Murakoze ku bw’inyungu muduhaye.”

Iri jambo ryafashwe na benshi nko gushinyagurira Kesha no kugaragaza ko White House ibona ko ibi bituma amashusho yayo arushaho gukurura abantu benshi.

Izi mpaka zabaye nyuma y’uko Perezida Trump atangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ifatanyije na Israel, zagize uruhare mu bitero bikomeye bya gisirikare muri Iran, avuga ko ibikorwa byari “binini kandi bikomeje.”

Amashusho White House yakoresheje indirimbo ya Kesha yari ajyanye n’ibi bikorwa bya gisirikare, ibintu byatumye uyu muhanzikazi yumva umuziki we ukoreshwa mu rwego rwo gushyigikira intambara.

Kesha si we muhanzi wa mbere ugaragaje kutishimira ikoreshwa ry’umuziki we mu nyungu za politiki.

Olivia Rodrigo na we yigeze kwamagana ikoreshwa ry’indirimbo ye mu mashusho yamamaza ibikorwa bya ICE (Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika).

Aba bose bagaragaje ko batishimira ko umuziki wabo ukoreshwa mu kwamamaza politiki cyangwa ibikorwa babona ko bidahuye n’indangagaciro zabo.


Kesha yamaganye White House ayishinja gukoresha indirimbo ye “Blow” mu mashusho agaragaza indege z’intambara, avuga ko atemera ko umuziki we ukoreshwa mu guteza urugomo

White House yasubije Kesha ivuga ko kunenga kw’abahanzi bituma amashusho yabo arushaho kurebwa cyane ku mbuga nkoranyambaga


KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘BLOW’ YATEJE IMPAKA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...