Kera kabaye Haringingo yemerewe gutoza Rayon Sports

Imikino - 16/04/2026 8:34 PM
Share:

Umwanditsi:

Kera kabaye Haringingo yemerewe gutoza Rayon Sports

Umutoza ukomoka mu Burundi, Haringingo Francis Christian yemerewe gutoza Ikipe ya Rayon Sports nyuma y’uko Kiyovu Sports yari yaranze kumurekura.

Mu mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata, ni bwo Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ribinyujije ku mbuga nkoranyambaga ryatangaje ko ku cyicaro cyaryo habereye inama yahuje Perezida waryo, Shema Fabrice; Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David; Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah n’umutoza Haringingo Francis.

FERWAFA yavuze ko ari inama yize ku kibazo cya Haringingo uherutse gusezera kuri Kiyovu Sports ajya muri Rayon Sports. Yavuze ko nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi ubu uyu mutoza yemerewe gutoza Rayon Sports mu buryo bwubahirije amategeko.

FERWAFA yashimiye impande zose ku bw’imikoranire myiza yaranze inama yabaye. 

Rayon Sports yari yatangaje Haringingo nk’umutoza wayo ariko atarabona uruhushya rwo kuyitoza bitewe n’uko Kiyovu Sports yatozagamo yerekanaga ko yabasezeyeho mu buryo butubahirije amategeko.

Umukino we wa mbere azatoza ni uwo Rayon Sports izakirwamo na Rutsiro FC ku Cyumweru tariki ya 19 Mata 2026 saa Cyenda kuri Stade Umuganda. Kugeza ubu Rayon Sports iri ku mwanya wa Kane n’amanota 43 ku rutonde rwa shampiyona. 


Haringingo yemerewe gutoza Rayon Sports nyuma y'uko habaye inama idasanzwe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...