Kenza Johanna Ameloot, umunyamideli
w’Umubiligi ufite inkomoko mu Rwanda, agiye kongera gutera ikirenge mu gihugu
akomokamo, kuri iyi nshuro nk’umwe mu bazita izina abana b’ingagi mu muhango
ngarukamwaka wo Kwita Izina.
Abategura iki gikorwa bamwakiriye
nk’umushyitsi ufite umwihariko, bamugaragaza nk’umuntu ugarutse mu gihugu
cy’inkomoko ye mu rwego rwo kugira uruhare mu muhango ukomeye wo kwita izina
abana b’ingagi.
Kenza azitabira Kwita Izina ku nshuro
ya 21, aho azaba ari mu bantu bazagira icyubahiro cyo kwita izina abana
b’ingagi bazahabwa amazina muri uyu muhango.
Uretse kuba azwi nk’uwabaye
Nyampinga w’u Bubiligi, Kenza afite n’ibindi bikorwa by’ubuvugizi, birimo
gukoresha ijwi n’uruhare afite mu gufasha abana bafite ibibazo by’amaso, cyane
cyane ababangamiwe n’indwara ya cataracte.
Kenza Johanna Ameloot ni umukobwa
wavukiye mu Bubiligi, akaba ari umunyamideli wabigize umwuga ndetse
n’umunyeshuri wiga ibijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga.
Amazina ye yatangiye kumenyekana
cyane mu Bubiligi ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Belgium 2024.
Ku wa 24 Gashyantare 2024, mu
birori byabereye muri Proximus Theater, mu gace ka De Panne, Kenza ni we
watangajwe nk’uwatsinze irushanwa rya Miss Belgium 2024.
Yari umwe mu bakobwa 32 bari
bitabiriye irushanwa, mbere y’uko umubare w’abakomeje ugabanywa, kugeza ubwo
hasigayemo abakobwa 15 bahataniraga ikamba.
Kenza yari yambaye nimero 32 ubwo
yiyerekanaga imbere y’akanama nkemurampaka, nyuma aza gutangazwa nk’uwatsinze,
asimbura Emilie Vansteenkiste wari wegukanye ikamba mu 2023.
Kenza icyo gihe yari afite imyaka 21,
akaba yarakoze amateka akomeye mu buzima bwe no mu muryango we.
Kenza ntabwo yamenyekanye gusa
kubera kuba Miss Belgium 2024. Yakoze n’amateka yihariye ku Banyanyarwanda,
kuko ari we mukobwa wa mbere ufite inkomoko mu Rwanda wegukanye ikamba rya Miss
Belgium.
Inkomoko ye ijyanye cyane n’u
Rwanda kuko nyina umubyara, Gakire Joselyne, ari Umunyarwandakazi wakuriye mu
Burundi, nyuma aza gutaha mu Rwanda.
Ibi bituma urugendo rwa Kenza rugana ku Kwita Izina ruba rufite umwihariko, kuko ari ugusubira mu gihugu umuryango
we ukomokamo, ariko noneho aje mu ruhare rwihariye rwo gufatanya n’abandi
kwizihiza ibidukikije, cyane cyane ingagi zo mu Birunga.
Mu bihe bitandukanye, Kenza yagiye
agaragaza ko akunda gusura u Rwanda, cyane cyane mu biruhuko, ndetse ko ari
igihugu yumva yisangamo.
Kuri we, kuba afite inkomoko mu
Rwanda si amateka y’umuryango gusa, ahubwo ni igice cy’ubuzima bwe kimuhuza
n’igihugu cya ba sekuru.
Kenza afite n’umushinga wo
gukoresha izina n’amahirwe afite mu gufasha abana batishoboye gukomeza
amashuri, ibintu bigaragaza ko ibikorwa bye bitagarukira ku kwerekana imideli
no ku marushanwa y’ubwiza.
Kuba Kenza yaratoranyijwe mu bazita
izina abana b’ingagi ni indi ntambwe mu rugendo rwe rwo gukomeza guhuza
ibikorwa bye n’igihugu akomokamo.
Kwita Izina ni umuhango
ngarukamwaka uhuriza hamwe abantu batandukanye, barimo abayobozi, abahanzi,
abakinnyi, abashakashatsi, abashoramari, abakinnyi ba siporo n’abandi bantu
bafite amazina akomeye ku rwego mpuzamahanga.
Kuri iyi nshuro, Kenza nawe azaba
ari muri abo bahawe icyubahiro cyo kwita izina umwana w’ingagi, igikorwa
gifatwa nk’uburyo bwo kwerekana uruhare rwa buri wese mu kubungabunga urusobe
rw’ibinyabuzima no kurengera ingagi zo mu misozi.
Kenza agiye kwinjira muri uru
ruhando afite umwihariko we: ni Miss Belgium 2024, ni umunyamideli, ni
umuvugizi w’abana bafite ibibazo by’amaso, ariko hejuru ya byose, ni umukobwa
ufite inkomoko mu Rwanda ugiye kongera kugera mu gihugu cye mu ruhare
rudasanzwe.
Kuri we, Kwita Izina si umuhango usanzwe wo kwita izina umwana w’ingagi. Ni n’umwanya wo gusubira ku nkomoko, gukoresha ijwi yahawe n’umwuga we mu guteza imbere ubutumwa bwiza no gukomeza umubano afitanye n’u Rwanda.

Kenza wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Bubiligi 2024 yashyizwe mu bazita Izina abana b’ingagi 22




