Perezida William Ruto ni we
watangaje ubu busabe mu nama y’abaturage yabereye kuri Kenyatta International
Convention Centre mu Ukuboza 2024.
Bimwe mu binyamakuru byo muri Kenya,
kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, byanditse ko Perezida William Ruto yemeje
ko Leta yatanze miliyoni 500 z’amashilingi yo muri Kenya (ahwanye na miliyoni
$3.9), kugira ngo igaragaze uburyo yiyemeje guteza imbere urwego rw’inganda
ndangamuco n’ubuhanzi.
Perezida Ruto yavuze ko iki gikorwa
kigamije gutuma Kenya iba ku isonga ku mugabane wa Afurika mu bijyanye
n’inganda ndangamuco n’imyidagaduro.
Yongeyeho ko gahunda bafite ari uko
ibi birori bizaba uburyo bwo guteza imbere umuco no gushyiraho ‘studio’
zigezweho, gufasha impano z’imbere mu gihugu no kongerera abaririmbyi
b’abanyafurika kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.
Ati: “Dushaka kwakira Grammy
kugira ngo tuzerekane ubukungu bushingiye ku muco n’ubuhanzi bwacu kandi
dukomeze guteza imbere urwego rwacu rw’inganda ndangamuco.”
Ariko kandi, iyi ngingo yateje
impaka. Hari abishimiye intambwe ikomeye igihugu cyateye, ariko abandi benshi
bakomeje kunenga uburyo Leta itanga amafaranga menshi mu gihe igihugu gifite
ibibazo bikomeye mu buvuzi, uburezi no kubura akazi ku rubyiruko.
Umwe mu bakoresha imbuga
nkoranyambaga yagize ati: “Biteye agahinda kubona Kenya ihanganye n’ibibazo
bikomeye mu buvuzi n’uburezi, ariko abayobozi b’ibihe bibi bakaba bifuza
gusesagura imisoro y’abaturage ku bidafite akamaro! Afurika iri mu maboko
y’ubuyobozi bubi”
Hari n’abandi bibajije niba koko
Kenya ifite urwego rw’imyidagaduro rukomeye ku buryo rwakwakira ibi birori.
Umwe yagize ati: “Nigeria, Afurika y’Epfo na Ghana ni byo bihugu byonyine byari
bikwiye kwakira ibi birori kuko ari byo bifite impano zikomeye mu muziki.
Ushobora kwishyura ngo igihugu cyawe kigaragare, ariko ese ufite ubushobozi bwo
kubyitwaramo neza igihe kirekire? Abayobozi bakwiye gushyira amafaranga mu
mashuri, mu bitaro no guteza imbere urubyiruko.”
N’ubwo hari impaka n’ibitekerezo
byinshi bitandukanye, abashyigikiye iki gikorwa bavuga ko kuba ibi birori bya Grammy
Awards bigiye kubera muri Afurika bishobora gushyira Kenya ku ikarita y’ahantu
hakomeye mu buhanzi no gufungurira imiryango abaririmbyi b’Abanyafurika bose ku
rwego mpuzamahanga.
Kenya yatanze miliyoni $3.9 kugira
ngo yakire Grammy Awards ku nshuro ya mbere muri Afurika
Perezida William Ruto yatangaje ko
Kenya irajwe ishinga no gushyigikira inganda ndangamuco, ari nayo mpamvu yatanze ubusabe
bwo kwakira Grammy Awards