Kenya yashyizeho amategeko mashya abuza inzoga ku batarengeje imyaka 21

Inkuru zishyushye - 31/07/2025 11:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Kenya yashyizeho amategeko mashya abuza inzoga ku batarengeje imyaka 21

Leta ya Kenya yatangije politiki nshya igamije guhashya ikoreshwa ry’inzoga n’ibiyobyabwenge, ishyiraho imyaka 21 nk’iyo umuntu yemerewe kunywera inzoga, ivanaho imyaka 18 yari isanzwe ikoreshwa. Iyi politiki nshya ifite intego yo kurengera urubyiruko no kubaka sosiyete itekanye kandi izira ibiyobyabwenge.

Ni ku nshuro ya mbere Kenya itangije politiki y’igihugu ku kurwanya ikoreshwa ry’inzoga, ibiyobyabwenge n’ibindi bisindisha. Iyo politiki yiswe National Policy on the Prevention, Management, and Control of Alcohol, Drugs, and Substance Abuse, yitezweho guhindura imyumvire no kugabanya ingaruka z’inzoga ku baturage.

Iyi politiki ishyiraho ko inzoga zitagomba gucururizwa cyangwa gutangirwa ahantu h’amahuriro rusange nk’amashuri, insengero, ibibuga by’imikino, sitasiyo za lisansi ndetse n’aho abantu batuye. Hanateganyijwe intera inzoga zigomba kuba ziri kure y’amashuri n’ahandi hahurira abantu benshi.

Umwihariko w’aya mategeko ni uko umuntu utarengeje imyaka 21 atemerewe kwinjira aho bacururiza inzoga, yaba ari wenyine cyangwa ari kumwe n’umuntu mukuru. Ibi bikozwe mu rwego rwo kurengera urubyiruko rushukwa n’inzoga rutaragira ubushobozi bwo gufata ibyemezo bifite uburemere.

Ikigo gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri Kenya, NACADA, cyanaciye burundu imigenzo yo kugeza inzoga ku bantu mu ngo zabo (delivery), bikaba bigamije guca ubucuruzi bw’inzoga mu buryo bwa rwihishwa no gukumira abayinywera mu ngo.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kipchumba Murkomen, yavuze ko iyi politiki izazana imbaraga nshya mu kurwanya ikibazo cy’inzoga n’ibiyobyabwenge. Yavuze ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge kirusha ubukana ibyaha bindi kuko “gisenya ingo, kica ejo hazaza h’urubyiruko, kandi gitesha agaciro ubuzima bw’abantu.”

Murkomen yavuze ko Polisi ya Kenya izafashwa n’inzego z’ubutasi mu gukurikirana abacuruzi b’inzoga zitemewe, abenga inzoga mu buryo bwa gakondo n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge, kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.

Nubwo iyi politiki ishyigikiwe na Leta, hari abatangiye kuyinenga, bavuga ko ibangamiye uburenganzira bw’abantu bakuze, mu gihe abandi bayibonamo uburyo bwo kurengera urubyiruko no kugabanya icyuho cy’inzoga zitemewe.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...