Iyi
nama iri kubera mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, ihuza urubyiruko,
abanyapolitiki, abahanzi n’abafatanyabikorwa batandukanye baganira ku hazaza ha
Afurika, cyane cyane ku ruhare rw’urubyiruko mu iterambere ry’umugabane.
Mu
mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Mbere tariki 11
Gicurasi 2026, Perezida Macron agaragara ahagarika uwari uri kuvuga hagati mu
kiganiro kubera urusaku rw’abari mu cyumba rwari rumaze rwinshi, bamwe bari mu
biganiro byabo abandi batita ku bari imbere batanga ibitekerezo.
Mu
ijwi ririmo uburakari buke ariko rigamije gusubiza ibintu ku murongo, Macron
yagize ati: “Mumbabarire mwese! Yemwe, yemwe, yemwe! Ntibashoboka kuvuga ku muco no
kwakira abantu bafite ibitekerezo byiza nk’ibi, ariko hari uru rusaku rwose.”
Yakomeje
agaragaza ko ibyo byari ukutubaha abari bari gutanga ibiganiro, ati: “Ibi ni
ugusuzugura rwose. Niba hari abafite ibiganiro byabo cyangwa ibindi bashaka
kuganiraho, hari ibyumba byabugenewe cyangwa se bakajya hanze.”
Perezida
Macron yasabye abari aho bose kubaha umwanya w’abahanzi n’urubyiruko bari
batumiwe muri iyo nama, ashimangira ko niba bahisemo kuguma mu cyumba cy’inama,
bagomba gutega amatwi no gukurikira ibiganiro nk’abandi bose.
Ati:
“Niba mushaka kuguma hano, nimutegere amatwi bababwire kandi twese dukine
umukino umwe.”
Ibi
byakozwe na Macron byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe
bamushimiye kuba yahagurukiye kubahiriza gahunda no guha agaciro abahanzi
n’urubyiruko, mu gihe abandi bavuze ko uburyo yabikozemo bwari bukarishye.
Perezida
Macron ari mu ruzinduko muri Kenya aho yitabiriye iyi nama ya “Africa Forward
Summit”, igamije guteza imbere ibiganiro ku mahirwe n’imbogamizi byugarije
urubyiruko rwa Afurika muri iki gihe.
WATCH:
Macron got angry and shouted at the crowd during the “Africa Forward” summit in
Nairobi after the audience became too noisy during a culture
conference.
He interrupted the event and
said:
Excuse me, everybody! Hey! Hey! Hey! I am sorry, guys,
but it's impossible to speak… pic.twitter.com/GMnQeHi0fu

Ntibikwiye gusakuriza abahanzi n’urubyiruko bari gutanga ibitekerezo - Perezida Emmanuel Macron yahagaritse inama i Nairobi asaba abantu guceceka no kubaha abari ku rubyiniro

Perezida
w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, hamwe na Perezida wa Kenya, William Ruto, bari
mu nama ya Africa Forward Summit yabereye muri Kaminuza ya Nairobi ku wa 11
Gicurasi 2026 /Ifoto: AP
