Kenya ihanganye n’izamuka rikabije ry’ibyaha byo kuri murandasi kubera AI

Ikoranabuhanga - 16/07/2025 7:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Kenya ihanganye n’izamuka rikabije ry’ibyaha byo kuri murandasi kubera AI

Leta ya Kenya iri guhura n’ikibazo gikomeye cy’umutekano wo kuri murandasi, nyuma yo gutangaza izamuka rya 201.7% mu byaha bikorerwa ku ikoranabuhanga (cybercrime) mu gihembwe cya mbere cya 2025.

Nk’uko bitangazwa na Communications Authority of Kenya (CA), ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga byarazamutse bigera kuri miliyari 2.5 mu mezi atatu gusa, bivuye kuri miliyoni 840.9 byari byaragaragaye mu gihembwe cyari cyabanjirije iki.

Iri zamuka ryateye impungenge, rishingiye ku kudakumira neza ibitero mu nzego z’ingenzi zirimo urwego rw’imari, itumanaho n’ibikorwa bya leta. Ubuyobozi bwa CA buvuga ko iri zamuka ryatewe n’abagizi ba nabi bagenda barushaho kwihugura, ndetse n’ikoreshwa rikabije ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) mu gutegura ibitero.

Ibibazo byagaragaye n’ingamba zafashwe

Mu gusubiza iki kibazo, CA yatanze inama n’impanuro ku bijyanye n’umutekano wo kuri murandasi zigera kuri miliyoni 13.2, izamuka rya 14.2% ugereranyije n’izari zatanzwe mu gihembwe cyabanje.

Ibyibasiwe cyane ni intege nke za sisitemu (system vulnerabilities), byazamutse ku gipimo cya 228.3%, biva kuri miliyoni 752.4 bigera kuri miliyari 2.47. Izi ntege nke zirimo porogaramu zitavuguruye, amagambo-banga adakomeye, uburyo bwa 'encryption' bwashaje n’imiyoboro itarinzwe neza. Ibyo byose byorohereza abagizi ba nabi kwinjira mu makuru y’abantu n’ibigo.

Ibitero bigamije kwinjira mu mbuga za murandasi (web application attacks) na byo byazamutse ku gipimo cya 11.8%, bigera kuri miliyoni 5.08. Ibi bitero bikunze gukorwa hagamijwe kwiba amakuru, kubangamira serivisi cyangwa kwinjira mu buryo butemewe.

Ibyaha bimwe na bimwe byaragabanutse

Nubwo hari ibyaha byazamutse cyane, raporo ya CA yagaragaje ko hari n’ubundi bwoko bw’ibyaha bwagabanutse:

  • DDoS attacks (Distributed Denial of Service): byagabanutseho 76%
  • Ibitero kuri porogaramu za telefoni (Mobile App Attacks): byagabanutseho 51%
  • Malware (virusi za mudasobwa): byagabanutseho 28%
  • Brute force attacks: byagabanutseho 3%

AI iri gutiza umurindi ibyaha byo kuri murandasi

Nk’uko ubushakashatsi bwa World Economic Forum (WEF) bubigaragaza, ubu ibitero bya cybercrime bifata munsi y’iminsi ine gusa kugira ngo bikorwe, ugereranyije n’iminsi 60 byafataga mu 2019.

Ibi byose bishingira ku ikoreshwa rya AI mu kwandika no gukora virusi nshya (malware), n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

WEF ivuga ko hari ubwiyongere bw’abagizi ba nabi bakoresha porogaramu nka ChatGPT kwandika kode y’ibitero, ku buryo n’abatari inararibonye bashobora gukora virusi ikomeye.

Bati: “AI iri gufasha abagizi ba nabi gukora ibitero byinshi kandi byihuse. Ubu ikoranabuhanga ririmo kwifashishwa kugira ngo bamenye uburyo bwo kwinjira mu bikoresho bya buri munsi abantu bifashisha, birimo telefoni, mudasobwa na tablets.”

Inama zatanzwe

Raporo isaba ibihugu gukaza ingamba z’umutekano wo kuri murandasi hifashishijwe uburyo bugezweho, burimo kugenzura neza porogaramu, guhindura amagambo-banga (passwords), kuvugurura sisitemu kenshi, no gutoza abakozi b’ibigo uburyo bwo kurinda ibikoresho byabo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...