Kenny K Shot afite impano idasanzwe – Nattyva bakoranye indirimbo “I Do” – VIDEO

Imyidagaduro - 18/02/2026 9:05 AM
Share:

Umwanditsi:

Kenny K Shot afite impano idasanzwe – Nattyva bakoranye indirimbo “I Do” – VIDEO

Umuhanzikazi Nattyva yashyize hanze indirimbo nshya yise “I Do” yakoranye na Kenny K Shot avuga ko zimwe mu mpamvu zo gukorana nawe ari uko ari umuhanzi ufite impano idasanzwe, ndetse ateguza ko afite gahunda yo kuza guhura n’abafana be mu Rwanda.

Umunyarwandakazi utuye muri Canada akaba n’umwe mu bahanzikazi bagezweho mu Rwanda no hanze yarwo, Nattyva yashyize hanze amashusho y’indirimbo “I Do” yari amaze iminsi ateguje abafana be.

Iyi ndirimbo yayikoranye n’umuhanzi Kenny K Shot nawe uri mu bakunzwe cyane by'umwihariko mu rubyiruko, bakaba barayikorewe na Stamina Oye mu buryo bw’amajwi mu gihe amashusho yakozwe na Serge Girishya.

Nyuma yo gushyira hanze iyi ndirimbo, Nattyva yambwiye InyaRwanda ko yahisemo gukorana na Kenny K Shot kuko ari umunyempano cyane ndetse asabana bityo akaba yarabonye ko bashyize hamwe bakora ibidasanzwe kandi bikagera kure.

Ati: “Kenny K Shot ni umwe mu bahanzi bafite impano idasanzwe kandi bafite vibe yihariye. Nubwo mba muri Canada, nkomeza gukurikiranira hafi umuziki wo mu Rwanda. Numvise uburyo aririmba buhura neza n’icyo nifuzaga gushyira ku ndirimbo I Do, numva twatanga ubutumwa bwiza kandi budasanzwe. Ni umuhanzi w’umwimerere kandi byari bikwiye ko dukorana.”

Yavuze ko iyi ndirimbo bakoranye yamutwaye imbaraga nyinshi cyane bigendanye n’aho yari ari ndetse n’abantu bakoranye kuri uyu mushinga w’indirimbo kuko byasabaga ko bakoresha uburyo bwa murandasi kugira ngo byose bikorwe kandi neza.

Ati: “Iyi ndirimbo yantwaye imbaraga nyinshi cyane, kuko nakoreye kure (Muri Canada). Byasabye guhuza ibitekerezo, gufata amajwi, no gukorana n’abo mu Rwanda kuri murandasi. Ariko iyo ukora ibintu ubikunze, nta na kimwe kikugora cyane. Nashakaga ko iba indirimbo ifite umwimerere wo hejuru.”

Avuga ko imbaraga yakoresheje muri iyi ndirimbo zitaba iz’ubusa ahubwo ikaba yagera kure hashoboka ku rwego mpuzamahanga cyane ko byose bisabwa ngo indirimbo igere ku ruhando mpuzamahanga ibyujuje.

Ati: “Ntabwo ngomba gutekereza ku Rwanda gusa, ahubwo no ku banyarwanda bari hanze ndetse n’abandi bakunzi b’umuziki muri rusange. Ndifuza ko iba imwe mu ndirimbo zikundwa cyane kandi zigakora ku mitima y’abantu benshi.”

Uretse iyi ndirimbo nziza cyane yarimo akoraho, avuga ko afite gahunda yo kuza mu Rwanda agahura n’abakunzi b’ibihangano bye, bagasabana bakishimana.

Ati: “Mfite gahunda yo kuza mu Rwanda vuba tugahura n’abafana banjye. Hari ibitaramo biri gutegurwa, kandi ndizera ko tuzabimenyesha abafana mu gihe cya vuba. Nishimiye cyane uburyo banshyigikira mu bikorwa byange byose.”

Uretse iyi ndirimbo na Kenny K Shot, Nattyva yemeje ko hari indi mishinga myinshi ari gutegurana n’abayarwanda yaba abahanzi cyangwa se abandi bakora mu bisata by’umuhanzi nk’abatunganya amajwi n’amashusho.

Nattyva yashyize hanze indirimbo nshya yise "I Do" yakoranye na Kenny K Shot

Reba amashusho y'indirimbo "I Do" ya Nattyva na Kenny K Shot



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...