Kelie Icyeza ayoboye abandi mu matora y’irushanwa 'Rwanda Global Diveristy’

Imyidagaduro - 12/08/2026 3:52 PM
Share:

Umwanditsi:

Kelie Icyeza ayoboye abandi mu matora y’irushanwa 'Rwanda Global Diveristy’

Mu gihe amatora yo kuri Internet y’irushanwa rya Rwanda Global Diversity 2026 akomeje, Kellie Icyeza ni we uri imbere y’abandi bakobwa 28 bahatanira umwanya muri 15 ba mbere bazakomeza mu cyiciro gikurikiyeho cy’iri rushanwa.


Aya matora yatangiye ku wa 29 Nyakanga 2026, ateganyijwe kurangira ku wa 22 Kanama 2026. Uko iminsi igenda ishira, ni ko isiganwa ryo gushaka amajwi menshi rikomeje gufata indi ntera, kuko buri mukobwa aharanira kubona umwanya uzamugeza muri 15 ba mbere.

Kugeza ubu, Kellie Icyeza ni we uri ku isonga n’amajwi 1,202, akaba afite ikinyuranyo gikomeye ugereranyije n’abamukurikiye.

Ku mwanya wa kabiri hari Sharon Uwase ufite amajwi 669, akurikirwa na Delphine Tuyishimire uri ku mwanya wa gatatu n’amajwi 525.

Denyse Ishimwe Umukundwa ari ku mwanya wa kane n’amajwi 509, mu gihe Ines Kirabo ari ku mwanya wa gatanu n’amajwi 436.

Iyi mibare igaragaza ko nubwo hari abamaze kwigaragaza mu myanya y’imbere, urugamba rutararangira, cyane cyane ku bakobwa bari hagati mu rutonde aho amajwi make ashobora gutuma umwe amanuka cyangwa undi akazamuka.

Rwanda Global Diversity 2026 ihatanirwamo abanyamideli 28, ariko amahirwe yo gukomeza ntabwo ari aya bose.

Abakobwa 15 ba mbere ni bo bazakomeza mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa, bityo kuri ubu buri jwi rifite agaciro gakomeye ku bakobwa bari hafi y’umupaka wo kwinjira muri abo 15.

Ibi bituma amatora yo kuri Internet aba igice gikomeye cy’urugendo rw’iri rushanwa, kuko abakobwa batari ku myanya y’imbere bagomba gukomeza gushaka ababashyigikira, mu gihe n’abamaze kwinjira mu myanya 15 ba mbere bagomba gukomeza kurwanira kudasubira inyuma.

Ku rundi ruhande, kuba Kellie Icyeza amaze kugira amajwi 1,202 bituma aba umwe mu bakobwa bamaze gutanga ishusho y’uko iri rushanwa rishobora gukomeza, nubwo umwanya wa mbere muri iki cyiciro utari wo ugena byanze bikunze uzegukana ikamba rya nyuma.

Rwanda Global Diversity 2026 ntabwo yashyizweho gusa nk’urubuga rwo guhatanira ikamba, ahubwo abayitegura bavuga ko bafite intego yo gukoresha iri rushanwa mu guhuza abakobwa bafite impano n’ibigo bishobora kubafasha kwiteza imbere.

Iri rushanwa riri gutegurwa na Embrace Africa Rwanda Ltd, iyobowe na Igor Reda na Paulette Reda.

Abategura bavuga ko kuri iyi nshuro bashyizemo impinduka, cyane cyane mu buryo abakandida bazajya bahuzwa n’ibigo bitandukanye bibafasha mu rugendo rwabo rw’iterambere, haba mu buryo bw’umwuga ndetse no mu rwego rw’imari.

Ibi bituma Rwanda Global Diversity ishyize imbere amahirwe ashobora gufasha abakobwa kurushaho kubaka ejo hazaza habo.

Ni ukuvuga ko ku bakobwa barimo kurihatana, intsinzi idashobora gupimirwa ku ikamba gusa, ahubwo ishobora no kugaragara mu mahirwe yo kubona abafatanyabikorwa, imikoranire n’ibigo ndetse n’amahirwe yo kwagura ibikorwa byabo.

Umukobwa uzegukana Rwanda Global Diversity 2026 azahabwa igihembo cya 1.5 Miliyoni Frw.

Usibye ayo mafaranga, uzatsinda azanahabwa amahirwe yo guhagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga afitanye imikoranire na Rwanda Global Diversity.

Ibi byongerera iri rushanwa uburemere, kuko intsinzi ishobora gufungurira uzaryegukana imiryango yo hanze y’u Rwanda no kumushyira ku rwego rwo guhagararira igihugu mu bikorwa mpuzamahanga.

KANDA HANO UBASHE GUTORA UMUKOBWA USHYIGIKIYE MURI IRI RUSHANWA





Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...