Uyu
muramyi yashyize aya makuru hanze mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 10
Gicurasi 2026, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, aho yasangije
abamukurikira amafoto agaragaza ibihe byaranze ukwambikwa impeta.
Mu
butumwa bwuje amarangamutima, Keilla yavuze ko yabwiye “Yego” umugabo yise
uw’ubuziraherezo, ibintu byashimishije benshi mu nshuti ze, abakunzi b’umuziki
wa 'Gospel' ndetse n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.
Mu
ba mbere bamwifurije ishya n’ihirwe harimo umuramyi Meddy [Ngabo Medard
Jorbert], wanditse agaragaza ibyishimo anatangazwa n’uburyo Keilla yabashije
kugira ibanga rikomeye ku rukundo rwe kugeza ageze ku rwego rwo kwambikwa
impeta.
Abandi
bagaragaye mu batanze ubutumwa bwo kumwifuriza ibyiza muri uru rugendo rushya
harimo umugore wa Meddy uzwi nka Mimi, Gentil Misigaro, Miss Dusa uherutse nawe
kwambikwa impeta y’urukundo, Peace Hozy n’abandi benshi.
Mu
mashusho n’amafoto yasangije abamukurikira, Keilla yaherekesheje ibihe
by’ukwambikwa impeta indirimbo “One More Day” y’itsinda Sons of Sunday, ibintu
byarushijeho kugaragaza amarangamutima y’ibi bihe bishya mu buzima bwe.
Keilla Gahimbare ni umwe mu baramyi b’abakobwa bamaze kubaka izina mu muziki wa Gospel nyarwanda. Yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo “Ninjye Ubivuze”, “Inzira Zawe” na “Tube Hafi” yakoranye na Adrien Misigaro, ndetse na “Stay” yakoranye na Ezekiele Johj, n’izindi zakunzwe n’abatari bake.

Keilla Gahimbare wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana
yatangaje ko yambitswe impeta y’urukundo na Habarugira Davy nyuma y’urugendo
rwabo rwari rumaze igihe rugirwa ibanga

Umuramyi
Keilla Gahimbare wakoranye indirimbo zirimo ‘Ninjye Ubivuze’ na Adrien
Misigaro, yinjiriye mu rugendo rushya rw’urukundo nyuma yo kwemera kwambikwa
impeta n’umukunzi we Habarugira Davy


Nyuma
yo gukundisha benshi ijwi rye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, Keilla Gahimbare
ari mu byishimo byo gutegura ubuzima bushya nyuma yo kwambikwa impeta
y’urukundo n’umusore witwa Habarugira Davy
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ADRIEN MISIGARO YAKORANYE NA KEILLA WAMBITSWE IMPETA Y'URUKUNDO
