Urukundo wa Kayumba Darina na Kimzer ufite inkomoko mu Budage rukomeje gufata intera

Imyidagaduro - 29/01/2024 10:13 AM
Share:
Urukundo wa Kayumba Darina na Kimzer ufite inkomoko mu Budage rukomeje gufata intera

Igisonga cya Kabiri cya Miss Rwanda 2022, Kayumba Darina n’umuraperi Kimzer bamaze iminsi bagaragaza ko bari mu rukundo bongeye guhamya ko babyinjiyemo bakomeje.

Ku wa 04 Mutarama 2024 ni bwo Kayumba Darina yasangije abamukurikira ifoto yahererekanijwe cyane ndetse ivaho imvugo yo guhamya ko umusore udafite ibisuko [dread] bizagorana ko yakwegukana inkumi yanyuze mu marushanwa y’ubwiza.

Inshuti za hafi z’aba bombi zagaragaje ko zibishimiye mu bitekerezo binyuranye bashyize kuri ubwo butumwa bw’ifoto buherekejwe n’ikimenyetso cy’umutima.

Kimzer na we kuri ubu akaba yasangije abamukurikira ku mugoroba w’uyu wa 28 Mutarama 2024 ifoto yongeraho imitima, ibintu byahise byakiranwa akanyamuneza n’abakurikira uyu musore bavuga ko baberanye.

Nubwo InyaRwanda tukigerageza kuvugisha Kayumba Darina ngo tumubaze neza niba abakunzi be batari bake, inshuti n’imiryango batangire kwegeranya intwererano no kugorora imyambaro y’ibirori ariko amakuru dufite nuko urukundo rwabo ruhagaze neza kandi bamaranye iminsi itari mike.

Mu busanzwe Kimzer umukunzi wa Kayumba Darina ni umuraperi wamaze kubigira umwuga kuva muri 2017 akaba umunyarwanda ariko ufite inkomoko muri Tanzania no mu Budage.Kayumba Darina ari mu bakobwa bigwijeho igikundiro kuva yakwitabira Miss Rwanda 2022 Kimzer ari mu baraperi bafite impano idashidikanywaho na Kayumba Darina akaba afite umwihariko mu kurapa biri no mu byatumye yamamaraAbantu bakomeje kugenda bagaragaza ko babishimiye kandi baberanye ariko babifuriza imigisha 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...