Katie Perry yatsinze urubanza rw’izina yari amaze imyaka afitanye na Katy Perry

Imyidagaduro - 11/03/2026 1:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Katie Perry yatsinze urubanza rw’izina yari amaze imyaka afitanye na Katy Perry

Urukiko rw’Ikirenga rwa Australia rwafashe icyemezo gishyigikira umunyamideli Katie Perry, nyuma y’imyaka myinshi ari mu rubanza rwamuhuje n’umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Katy Perry, bapfa ikoreshwa ry’izina mu bijyanye n’imyambaro.

Mu mwanzuro wasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, abacamanza b’uru rukiko bavuze ko umunyamideli Katie Perry atigeze abangamira izina cyangwa izina ry’ubucuruzi rya Katy Perry, ndetse ko nta rujijo rwatewe ku baguzi ku bijyanye n’imyambaro igurishwa n’impande zombi.

Katie Perry, waje guhindura izina rye akitwa Katie Taylor mu 2015, yatangije ikirango cy’imyambaro cyitiriwe izina rye mu 2007.

Nyuma yaje kujyana mu nkiko Katy Perry amushinja kwica uburenganzira bw’ikirango cye (trademark) ubwo yagurishaga imyenda yanditseho izina rye mu gitaramo yakoreye muri Australia mu 2014.

Mu 2023 urukiko rwari rwavuze ko Katie Perry yatsinze, ruvuga ko kugurisha imyenda irimo amakoti, T-shirts n’ama-pantalo mu bitaramo bya Katy Perry byari byarenze ku mategeko arengera ibirango by’ubucuruzi.

Icyakora, mu 2024 urukiko rw’ubujurire rwaje gutesha agaciro uwo mwanzuro, ruvuga ko Katy Perry yari amaze imyaka itanu akoresha izina rye nk’ikirango mbere y’uko Katie Perry atangira ubucuruzi bwe.

Nyuma yo kujurira ku rwego rwo hejuru, Urukiko rw’Ikirenga rwa Australia rwasanze izina rya Katy Perry rizwi cyane muri icyo gihugu ku buryo nta muntu usanzwe wabona imyenda ya Katie Perry ngo ayitiranye n’ikorwa ry’uwo muhanzikazi.

Abacamanza bagize bati “Nta muntu usanzwe muri Australia wakwibwira ko imyenda yanditseho Katie Perry ifitanye isano n’umuhanzikazi Katy Perry.”

Nyuma yo gutsinda uru rubanza, Katie Taylor yavuze ko uru rugendo rwari rurerure kandi rutoroshye.

Ati: “Ni urugendo rurerure kandi rukomeye cyane twanyuzemo. Ariko uyu munsi byemeje ibyo nahoraga nemera, ko amategeko arengera ibirango by’ubucuruzi agomba kurengera ibigo byose, binini n’ibito.”

Ku ruhande rwa Katy Perry, abamuhagarariye bavuze ko uyu muhanzikazi atigeze ajya mu rukiko agamije guhagarika ubucuruzi bwa Katie Taylor cyangwa kumubuza gukoresha izina rya Katie Perry ku myambaro ye.

Icyakora, bavuze ko hari ibindi bibazo byagaragajwe muri uru rubanza byasubijwe mu Rukiko rw’Ikirenga rwa Leta (Federal Court) kugira ngo bisuzumwe neza.

Uyu mwanzuro ushyira akadomo ku rubanza rw’imyaka myinshi rwajyaga rugaragazwa nk’intambara hagati y’umucuruzi muto n’icyamamare gikomeye ku Isi, aho Katie Taylor yigeze kuvuga ko ari nk’“intambara ya David na Goliyati”.

Ati: “Uru rubanza ntirwari rwerekeye izina gusa. Rwari rugamije kurengera ubucuruzi buto muri Australia no kwerekana ko buri wese afite agaciro.”

Mu myaka ishize, Katy Perry yakomeje kugarukwaho mu bitangazamakuru mpuzamahanga ku mpamvu zitandukanye, zirimo ibikorwa bye bya muzika ndetse n’ubuzima bwe bwite.

Umunyamideli wo muri Australia, Katie Perry, yatsinze ubujurire mu Rukiko rw’Ikirenga mu rubanza rwari rumaze imyaka rumuhuza n’umuhanzikazi Katy Perry [Ugaragara ku ifoto] bapfa ikoreshwa ry’izina mu bucuruzi bw’imyambaro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...