Kate Bashabe agiye kwiyambaza RIB kubera abamwiyitirira kuri X

Imyidagaduro - 06/08/2026 9:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Kate Bashabe agiye kwiyambaza RIB kubera abamwiyitirira kuri X

Umunyamideli akaba n'umushoramari Kate Bashabe yatangaje ko agiye kwiyambaza Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo rukurikirane abantu bakomeje kumwiyitirira ku rubuga rwa X, bagatangaza amakuru y'ibinyoma amuharabika.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, Kate yavuze ko amaze igihe aburira abantu kuri iyo konti mpimbano, ariko ibikorwa byayo bikomeje kumugiraho ingaruka.

Yagize ati: "Nababuriye inshuro nyinshi ku by'iyi konti, na none reka mbisubiremo: Iyi ni konti mpimbano. Ntabwo nkoresha X. Uyu ni umuntu unyiyitirira ahora atangaza ibintu by'amafuti abeshya ko ari njye. Nicyo gihe ngo RIB ibyinjiremo ibikurikirane."

Ibi Kate Bashabe yabitangaje nyuma y'uko konti ikoresha amazina ye kuri X ishyize ahagaragara amashusho agaragaza Miss Muyango Claudine atwaye imodoka adafunze umukandara.

Nyuma y'ubwo butumwa, Polisi y'u Rwanda yatangaje ko igiye gukurikirana ayo makosa no gufatira Miss Muyango ibihano biteganywa n'amategeko.

Icyakora, abantu benshi bibeshye ko ubutumwa bwatanzwe na Kate Bashabe ubwe, bituma bamwe bamwibasira ku mbuga nkoranyambaga bamushinja kuba ari we watanze amakuru yatumye Polisi ikurikirana Muyango.

Kate Bashabe yavuze ko nta konti agira kuri X, asaba abantu kutemera ubutumwa butangwa n'iyo konti mpimbano, anatangaza ko agiye gufata inzira z'amategeko kugira ngo ikibazo gikemuke.

Kate Bashabe agiye kwiyambaza RIB kubera abamwiyitirira kuri X


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...