Kapiteni wa Police FC yagaragaje igikenewe kugira ngo bazatware igikombe cya shampiyona ya 2025-26

Imikino - 08/07/2025 12:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Kapiteni wa Police FC yagaragaje igikenewe kugira ngo bazatware igikombe cya shampiyona ya 2025-26

Mu gihe intego ya Police FC ari ukwegukana igikombe cya shampiyona ya 2025-26, kapiteni wayo Nsabimana EriC Zidane yavuze ko kuba umutoza yavuga abakinnyi ntibashyire mu bikorwa ntacyo byaba bimaze ariko ashimangira ko Police FC ifite ubushobozi bwo gutwara igikombe cya shampiyona.

Yabitangaje kuwa Mbere itariki 7 Nyakanga 2025 nyuma y’imyitozo ya mbere abakinnyi ba Police Fc bagiranye n’umutoza wabo mushya Ben Mousa washimangiye ko mu byamugaruye mu Rwanda harimo guhesha Police FC igikombe cya shampiyona.

Abajijwe uko mu ikipe ya Police FC bakiriye umutoza mushya, Nsabimana Eric Zidane yavuze ko bamwakiriye neza. Ati  “Nk’uko ubizi umutoza ni mushya ariko si mushya muri shampiyona kuko yatoje APR FC ariko ni mushya muri Police FC. Twamwakiriye neza nk’umuntu uje mu rugo rushya tuba tugomba kumwakira neza.

Yavuze ko ikintu cya mbere umutoza Ben Mousa yababwiye ari uko bagomba gutwara igikombe cya shampiyona, ariko Zidane akaba abona bigoranye n’ubwo bishoboka.

Ati “Ni cyo kintu cya mbere yatubwiye ariko kugira ngo utware igikombe cya shampiyona bisaba ko abakinnyi twese muri rusange tujya muri iyo ntego, tukanahindura imitekerereze kuko uba usanga bamwe babitekerera ukabona abandi ntibishoboka".

Eric Zidane yashimangiye ko abakinnyi bose basenyeye umugozi umwe igikombe bagitwara. Ati “Birasaba ko twese tujya muri iyo ntego imwe. Twese tukabyumva kimwe kuko kubivuga mu magambo ni kimwe no kugitwara ni ikindi. Ngira ngo yatoje APR FC arabizi icyo bisaba cyose tukabikora kugira ngo turebe ko twatwara icyo gikombe cya shampiyona."

Uyu mukinnyi uzobereye shampiyona y’u Rwanda yavuze ko Police FC ifite ubushobozi bwo gutwara icyo gikombe haba mu mafaranga no mu bakinnyi. Ati: “Ubwo bushobozi burahari kuko ku ruhande rw’ubukungu tumeze neza no ku bakinnyi tumeze neza.

Ikiba gisigaye ni uko umukinnyi yiyumvisha icyo kintu ko agifite ku mutima ko igikombe gishoboka, kuko ntabwo umutoza yabivuga wenyine ngo bikunde kuko ntabwo azajya mu kibuga ngo akine, ni twe tuzajyamo tukabirwanira, nitutabirwanira biragoye ko wagitwara. Birasaba ko twese abakinnyi tubijyamo tukabirwanira."



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...