Iki cyemezo cyatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri
Uganda, yavuze ko ibikorwa byiswe “non-structured public events” bishobora
koroshya ikwirakwira ry’iyi ndwara kubera ubucucike bw’abantu no gukoranaho bya
hato na ahto.
Dr. Diana Atwine, Umunyamabanga Uhoraho muri
Minisiteri y’Ubuzima, yavuze ko igihugu kiri gushyira imbere ubuzima
bw’abaturage kurusha ibindi byose. Yagize ati: “Turashaka kugabanya ibikorwa
byose bishobora guteza ubwandu bwa Ebola.”
I Kampala no mu duce twegereye umupaka wa Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo ni ho hafashwe nk’ahari ibyago byinshi, nyuma
y’uko hari abantu bamaze kwandura iyi ndwara ndetse na bamwe mu bakozi bo kwa
muganga bakaba barayanduye.
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, na we aherutse
gusubika ibirori bya Uganda Martyrs Day byari biteganyijwe muri Kamena 2026
kubera ubwoba bwa Ebola. Mu butumwa bwe yavuze ko “ubuzima bw’abantu bugomba
kuza mbere ya byose.”
Minisiteri y’Ubuzima kandi yasabye abaturage
kwirinda gusuhuzanya bahana ibiganza, gukaraba intoki kenshi no gutanga amakuru
ku muntu wese ugaragaza ibimenyetso bya Ebola birimo umuriro, kuruka cyangwa
kuva amaraso.
Kugeza ubu Uganda imaze kwemeza abantu barindwi
banduye Ebola, ibintu byatumye igihugu gifunga bimwe mu bice by’umupaka
gihuriyeho na Congo ndetse hashyirwaho igenzura rikomeye ku ngendo zambukiranya
ibihugu.
