Kambe yabaye umuhanzi wa mbere wifashishije imitaka ya ‘Hot Air Balloon’ iri muri Pariki y'Akagera mu ndirimbo- VIDEO

Imyidagaduro - 09/09/2025 2:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Kambe yabaye umuhanzi wa mbere wifashishije imitaka ya ‘Hot Air Balloon’ iri muri Pariki y'Akagera mu ndirimbo- VIDEO

Kambe uririmba injyana ya EDM ivanze n’amajwi ya ‘Electronic Melodies’, yabaye umuhanzi wa mbere mu Rwanda wakoresheje imitaka minini izwi nka ‘Hot Air Balloon’ izenguruka hejuru ya Pariki y’Igihugu y’Akagera, ubwo yafataga amashusho y’indirimbo.

Iyi mitaka igaragara mu ndirimbo ye nshya yitwa “If I Was a God”, ivuga ku rukundo rwinshi yakwifuzaga guha uwo akunda, iyo aza kugira ubushobozi bwo gukora byose nk’Imana.

Indirimbo yakorewe muri Kambeland Studios yashinzwe na Kambe ubwe. Amashusho yayo yakozwe na NP Go the Juice, umwe mu bahanga mu njyana ya EDM, mu gihe 'Mixing' na 'Mastering' byakozwe na Li John (Crazy Mix).

Amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe mu bice bitandukanye by’u Rwanda bizwiho ubukerarugendo, harimo Pariki ya Nyungwe ndetse n’Akagera, ari naho yakoreshejemo imitaka izwi nka 'Hot Air Ballon'.

By’umwihariko, hifashishijwe ‘Hot Air Balloon’ y’ikigo Royal Balloon Rwanda, aho izamuka mu kirere cya Pariki y'Akagera, bituma amashusho agaragaza ubwiza bw’igihugu mu buryo budasanzwe. Hot Air Ballon zifite ubushobozi bwo kuzamuka mu kirere zikagera muri metero ziri hagati ya 100 na 1000.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Kambe yavuze ko gukoresha ‘Hot Air Balloon’ “byatumye amashusho y’indirimbo aba ubukangurambaga bushya bwerekana u Rwanda nk’igihugu gifite agaciro gakomeye mu bukerarugendo no mu buhanzi.”

Yongeyeho ko intego ye ari ukuzamura umuziki wa EDM mu Rwanda, akawuhuza n’amashusho yihariye agaragaza ibyiza nyaburanga by’igihugu. Ati: “Ndashaka kuzana umwihariko mushya mu muziki wanjye; indirimbo zinyura amatwi ariko zinagaragaza ubukerarugendo bw’u Rwanda.”

EDM, injyana imaze guhindura isi y’imyidagaduro

Electronic Dance Music (EDM) ni imwe mu njyana zikomeje gufata indi ntera mu isi y’imyidagaduro. Abantu benshi bayibona nk’ijwi ry’udushya, rihuriza hamwe ikoranabuhanga, ubuhanzi n’imyidagaduro, rikabyara umuco wihariye.

EDM yatangiye kwigaragaza mu myaka ya 1970–1980, ubwo habyazwaga injyana za House (Chicago), Techno (Detroit), ndetse na Trance (Germany).

Ibi byatumye hakomoka uburyo bushya bwo gukoresha igicurangisho cya ‘synthesizers’, ‘drum machines’, na ‘digital effects’, bigarura umuziki udasanzwe uhuza abantu mu kubyina.

Uretse kuba ari umuziki woroshye gutunganya, EDM yigaruriye abantu ku isi yose binyuze mu bitaramo bikomeye nka Tomorrowland, Ultra Music Festival na Coachella. Ibi byabaye ubukerarugendo bwihariye, kuko ibihumbi by’abantu bajya mu bihugu bitandukanye bitabiriye ibi birori.

EDM ni yo yagize uruhare rukomeye mu gukundisha isi gukoresha Digital Audio Workstations (DAWs) nka FL Studio, Ableton Live cyangwa Logic Pro. Byoroheje abahanzi bashya kwinjira mu muziki, bituma umuziki uba isoko idakama y’ubuhanzi bushya.

Abahanzi nka David Guetta, Calvin Harris, Tiësto, Martin Garrix, Avicii, Steve Aoki n’abandi, babaye ibyamamare mpuzamahanga binyuze muri EDM. Uyu muziki watumye DJ aba umuhanzi nyir’izina, atari uvanga indirimbo z’abandi gusa.

Uretse kuba injyana ikundwa, EDM yabaye inganda nini z’ubukungu, aho ibitaramo byayo byinjiza miliyari z’amadolari buri mwaka. Byagize n’uruhare mu guteza imbere ubukerarugendo, ubucuruzi bw’imyambaro, n’imyidagaduro y’amasoko manini.

Kambe yabaye umuhanzi wa mbere mu Rwanda ukoresheje ‘Hot Air Balloon’ mu mashusho y’indirimbo, hejuru ya Pariki ya Nyungwe

 

Amashusho y’indirimbo “If I Was a God” yafatiwe hejuru ya Pariki y'Akagera, agaragaza ubukerarugendo bw’u Rwanda

 

Kambe avuga ko gukoresha Hot Air Balloon ari uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda binyuze mu muziki

 

Indirimbo yakozwe na NP Go The Juice mu majwi, naho Li John (Crazy Mix) arayinononsora (Mastering)

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘IF I WAS A GOD’ Y'UMUHANZI KAMBE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...