Kaizer Chiefs yatije Ntwari Fiacre

Imikino - 10/07/2026 10:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Kaizer Chiefs yatije Ntwari Fiacre

Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo yatije Umunyezamu w'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Fiacre Ntwari muri Kruger United iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere mu gihe kingana n'umwaka umwe.

Impande zombi zumvikanye ibi nyuma y’uko uyu munyezamu atashyizwe mu bakinnyi Kaizer Chiefs yajyanye mu mwiherero wo kwitegura umwaka mushya w'imikino muri Espagne, aho umutoza mushya Fernando Da Cruz yatangiye gutegura ikipe yitegura shampiyona ya 2026/2027.

Impamvu Kaizer Chiefs yahisemo kumutiza

Kaizer Chiefs ntabwo ishaka kurekura Ntwari burundu. Ahubwo ubuyobozi bw'iyi kipe bwizera ko kubona umwanya uhagije wo gukina muri Kruger United bizamufasha kongera icyizere no  kuzamura urwego.

Uyu munyezamu w'imyaka 26 amaze imyaka ibiri muri Kaizer Chiefs, ariko ntiyigeze abona amahirwe menshi yo gukina. Mu mikino umunani amaze gukina yinjijwe ibitego 11  ubundi arangiza umukino umwe adatsinzwe igitego.

Mu mwaka ushize w'imikino, yagaragaye  mu kibuga inshuro imwe gusa mu irushanwa rya Carling Knockout Cup. Amahirwe ya Ntwari Fiacre yo kubona umwanya wo gukina yarushijeho kugabanuka nyuma y'uko Kaizer Chiefs iguze  umunyezamu Renaldo Leaner uzajya ahatanira umwanya na Brandon Petersen na Bruce Bvuma.

Byongeye kandi, umunyezamu ukiri muto Bontle Molefe yagarutse avuye mu ntizanyo ndetse asinya amasezerano mashya y'igihe kirekire.

Kruger United igiye gukina shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Afurika y’Epfo ku nshuro yayo ya mbere. Nubwo agiye gutizwa ariko Ntwari Fiacre aracyafite amasezerano ya Kaizer Chiefs azageza muri Kamena 2028.

Kaizer Chiefs yatije Ntwari Fiacre muri Kruger United




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...