Kai Cenat yatangaje ko agiye gukorana 'Livestream' na Tyla

Imyidagaduro - 27/07/2026 7:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Kai Cenat yatangaje ko agiye gukorana 'Livestream' na Tyla

Umunyamerika w’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, Kai Cenat, ukora ibiganiro bicaho imbona nkubone (livestream), yatangaje ko agiye gukora livestream ari kumwe n’umuhanzikazi wo muri Afurika y’Epfo, Tyla.

Iyi izaba ari inshuro ya mbere aba bombi bakoze livestream hamwe nyuma y’iyo bakoze mu 2024, aho Tyla yanze gusohokana na Kai, bikavugisha benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga.

Aya makuru yatangajwe nyuma y’uko Kai Cenat ashyize ahagaragara ko Tyla azitabira imwe muri livestreams ze ziteganyijwe ku itariki ya 27 Nyakanga 2026, nk’uko Kai yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.

Amashusho yabo yambere bari kumwe yaturutse kuri livestream aho Kai na Tyla bakinaga umukino umeze nka ‘Truth or Dare’. Muri iyo livestream, Kai yabajije Tyla niba yakwemera ko basohokana (date). Tyla yarasetse maze amusubiza mu kinyabupfura ati: “Ariko turi inshuti.”

Igisubizo cye cyahise gikwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho abantu babarirwa muri za miliyoni barebye iyo video. Abafana batangiye gutebya bavuga ko Kai ari mu cyiciro cy’inshuti, mu gihe abandi bashimye Tyla kubera uburyo yamusubijemo.

Ndetse na nyuma y’igihe kinini livestream irangiye, abantu bakomeje gusangiza abandi iyo video igihe cyose hari umuntu washyizwe mu cyiciro cy’inshuti.

Kai Cenat yakomeje kuba umwe mu ba streamer bakomeye ku isi, mu gihe Tyla na we ari umwe mu bahanzi b’abakobwa bafite izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga.


Kai Cenat yatangaje ko agiye gukorana livestream na Tyla


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...