Kagere Meddie yaburiye Rayon Sports - VIDEO

Imikino - 07/08/2026 9:11 AM
Share:

Umwanditsi:

Kagere Meddie yaburiye Rayon Sports - VIDEO

Umunyabigwi mu mupira w’u Rwanda, Kagere Meddie yaburiye Rayon Sports itekereza ko yatomboye kuzahura n’amakipe yoroshye mu irushanwa Nyafurika rya CAF Confederation Cup 2026/2027.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane ni bwo mu Mujyi wa Cairo mu Misiri, habereye  tombola y’amakipe azakina amarushanwa ahuza amakipe yitwaye neza iwayo ku mugabane wa Afurika.

Rayon Sports  yabaye iya kabiri muri shampiyona y’u Rwanda izakina na Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup.

Nikomeza izahura n'izakomeza hagati ya Atomic Ngomé yo mu birwa bya Comoros na Black Bulls yo muri Mozambique. Bamwe bavuze ko iyi kipe yamabara ubururu n’umweru ishobora kuba igiye gusubira mu matsinda ya CAF Confederation Cup bitewe n’uko yatomboye guhura n’amakipe adafite amazina manini ariko Kagere Meddie we ntabwo ariko abibona.

Aganira na InyaRwanda Sports TV yagize ati:” Ayo makipe Rayon Sports izakina nayo yabaye aya Kabiri cyangwa yatwaye ibikombe by’igihugu. Rero amakipe akina Confederation Cup cyangwa Champions League ni amakipe aba akomeye.

Ntabwo ushobora kuvuga ng oni amakipe yoroshye,ushobora gufata izina ugasanga ikipe iroroshye ntabwo uzi abakinnyi bafite nabo bafite ubushobozi bwo gukina aya marushanwa.

Uko Rayon Sports yaguze nabo ni ko baguze. Jamus FC yaje hano muri CECAFA Kagame Cup 2026 abantu batiya amahirwe kubera ko ari izina Jamus FC ariko byarangiye igeze muri ½”

Agaruka ku kuba amakipe yo mu Rwanda atagera kure mu mikino Nyafurika yavuze ko kugira ngo abigereho bisaba kuba shampiyona y’u Rwanda ikomeye.

Ati: ”Dosohora amakipe macye bitewe na shampiyona yacu uko imeze ,shampiyona yacu iramutse ikomeye byatuma n’amakipe yacu yaha akomera cyane ubundi amakipe yacu akiyerekana tugakina neza muri CAF Champions League.Ntabwo ari ukuvuga ngo APR FC ishake abakinnyi beza ku Isi tubashyiremo”.

Kagere Meddie wabaye rutahizamu w’Amavubi yakomeje agira ati:”Shampiyona iramutse itameze neza hatarimo uguhatana tuzakomeza kuriya dusohora ikipe imwe muri CAF Champions League na CAF Confederation Cup bitandukanye na Tanzania.  

Shampiyona ya Tanzania irakomeye iri muri 10 za mbere muri Afurika. Twebwe nit we tugomba kuzamura imikinire yacu mu Rwanda hakaba harimo ukurushanwa hadahatana amakipe abiri.

Hakaba hari amakipe menshi ahanganye. Umupra wacu w’amaguru kugira ngo uzamuke nitwe twe nyine tugomba kubigiramo uruhare nta wundi muntu uzaza ngo abidukorere”.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...