Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane ni bwo mu Mujyi wa Cairo mu
Misiri, habereye tombola y’amakipe azakina amarushanwa ahuza amakipe
yitwaye neza iwayo ku mugabane wa Afurika.
Rayon Sports yabaye iya kabiri muri shampiyona
y’u Rwanda izakina na Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun mu ijonjora rya
mbere rya CAF Confederation Cup.
Nikomeza izahura n'izakomeza hagati ya Atomic Ngomé yo mu
birwa bya Comoros na Black Bulls yo muri Mozambique. Bamwe bavuze ko iyi kipe
yamabara ubururu n’umweru ishobora kuba igiye gusubira mu matsinda ya CAF
Confederation Cup bitewe n’uko yatomboye guhura n’amakipe adafite amazina
manini ariko Kagere Meddie we ntabwo ariko abibona.
Aganira na InyaRwanda Sports TV yagize ati:” Ayo makipe
Rayon Sports izakina nayo yabaye aya Kabiri cyangwa yatwaye ibikombe by’igihugu.
Rero amakipe akina Confederation Cup cyangwa Champions League ni amakipe aba
akomeye.
Ntabwo ushobora kuvuga ng oni amakipe yoroshye,ushobora gufata izina ugasanga ikipe iroroshye ntabwo uzi abakinnyi bafite nabo bafite ubushobozi bwo gukina aya marushanwa.
Uko Rayon Sports yaguze nabo ni ko baguze. Jamus
FC yaje hano muri CECAFA Kagame Cup 2026 abantu batiya amahirwe kubera ko ari
izina Jamus FC ariko byarangiye igeze muri ½”
Agaruka ku kuba amakipe yo mu Rwanda atagera kure mu mikino
Nyafurika yavuze ko kugira ngo abigereho bisaba kuba shampiyona y’u Rwanda
ikomeye.
Ati: ”Dosohora amakipe macye bitewe na shampiyona yacu uko
imeze ,shampiyona yacu iramutse ikomeye byatuma n’amakipe yacu yaha akomera
cyane ubundi amakipe yacu akiyerekana tugakina neza muri CAF Champions League.Ntabwo
ari ukuvuga ngo APR FC ishake abakinnyi beza ku Isi tubashyiremo”.
Kagere Meddie wabaye rutahizamu w’Amavubi yakomeje agira
ati:”Shampiyona iramutse itameze neza hatarimo uguhatana tuzakomeza kuriya
dusohora ikipe imwe muri CAF Champions League na CAF Confederation Cup bitandukanye
na Tanzania.
Shampiyona ya Tanzania irakomeye iri muri 10 za mbere muri Afurika. Twebwe nit we tugomba kuzamura imikinire yacu mu Rwanda hakaba harimo ukurushanwa hadahatana amakipe abiri.
Hakaba hari amakipe menshi ahanganye. Umupra
wacu w’amaguru kugira ngo uzamuke nitwe twe nyine tugomba kubigiramo uruhare
nta wundi muntu uzaza ngo abidukorere”.
