K Creation Rwanda ukataje mu kunoza amashusho y’indirimbo yavuze uko yatangiye kugera ubwo asigaye yinjiza za Miliyoni-AMAFOTO

Imyidagaduro - 08/02/2022 12:12 PM
Share:
K Creation Rwanda ukataje mu kunoza amashusho y’indirimbo yavuze uko yatangiye kugera ubwo asigaye yinjiza za Miliyoni-AMAFOTO

Victor Birinda ukoresha izina rya K-Creation Rwanda mu muziki nyarwanda watangije ashakira abahanzi aho bakorera amashusho y’indirimbo akaza kugera ku kubashakira byose kugera arangiye yavuze ku rugendo rwe rumaze kumugeza ku kwinjiza agera kuri miliyoni y'amanyarwanda ku ndirimbo imwe gusa.

Kimwe mu bintu bigora abanyamuziki by’umwihariko abahanzi bakora indirimbo harimo gutunganya amashusho y’indirimbo kuko bisaba kuba ubifitemo inararibonye ngo udahendwa kandi ukore ibintu bifite indoko.

Ibyo ni byo umugabo w’imyaka 30 n’umwana 1, K-Creation yabonye yifuza kubibyaza umusaruro aho kugeza ubu amaze kuyobokwa n’abahanzi batari bacye kuko mu ndirimbo hafi ya zose ziri gusohoka kandi zikishimirwa ari we uba yateguye byose bigaragara mu mashusho.

Mu kiganiro yagiranye na INYWARWANDA yavuze uko byatangiye n'aho ageze kugeza ubu. Ati: "Nitwa Victor ariko nkoresha K-Creation Rwanda muri muzika ibikorwa nkora mbifatanya n’abandi kugira ngo abahanzi n’umuziki nyarwanda bibe byatera imbere."

Agaruka ku buryo akoramo akazi ke ati: "Mba mfite vixen bifashishwa muri videwo, amamodoka yifashishwa na location zo gukoreramo, abitangiye mvuga ni wenda ntabwo ari ibintu bizakomeza kuko narimfite akazi ka mpemba ku kwezi ndakareka mbigiyemo mbona koko hari umusanzu nshobora kuba ndi gutanga mpitamo kureka akazi."

Akomoza ku buryo yabyinjiyemo agira ati:"Mbitangira nta muntu n'umwe nari nzi wabikoraga n’ubu ubikora wundi usanga yaranyigiyeho kuko kugeza ubu amashusho menshi yo mu Rwanda mbanayakozeho ku kigero kiri hejuru."

Akomeza agira ati:"Nari nsanzwe nkora muri Casino iba kwa Makuza nari nakoze imyaka 7 naje guhagarika kubera Lockdown, baduhagaritse, ibikorwa byose by’ubucuruzi bihagaze noneho njye nzaguhura n’ikompanyi ikora amashusho yitwa Big Team "

Yongeraho ati: "Tumaze guhagarika akazi baranyiyambaje kandi urumva byari sawa kuko umuntu aba agomba gushakisha ngo atunge umuryango, nawe ugerageze kubaho birangije baje kunyiyambaza tugiye gukora amashusho ya Papa Cyangwe yitwa Sana niyo nahereyeho icyo gihe."

Nyuma yo kwifashishwa mu gushaka ahantu ho gukorera mu ndirimbo ya Papa Cyangwe ikibuga cyahise cyaguka ati:"Birangije babona mbikoze neza ibyo bateganyaga sibyo nabahaye nabakubiye kabiri barishima bati 'man wabikora' kandi iyo title ibaho uretse ko mu Rwanda n’abahari mpita niyemeza kubikora "

Ashimangira iyi ngingo agira ati: "Haciyeho iminsi bazana indi ndirimbo yitwa Document ya Emmy mushakira Location hoteli ya za Rwamagana n’ahandi hantu bakoreye hameze nka biro ni muri ya Casino nakoreragamo, mpita nshakira Kenny Sol Location mu ndirimbo yitwa Umurego, nkorera n’abandi nko muri Iyallah ya Okkama, Outside ya Kivumbi, Millionaire ya Mico The Best, Agafoto ya Dj Phil Peter n’abandi, Mali ya Confy."

Kugeza ubu K-Creation Rwanda yavuye mu byo gushakira abahanzi aho gukorera agera ku gukurikirana ibikorwa by'ifatwa ry’amashusho y’indirimbo yose aho umuhanzi atanga amubwira uko yifite ibisigaye byose akabimurecyera akaza we yerekwa ibyo gukora n'aho gukorera gusa.

K-Creation abivuga agira ati: "Kugeza ubu amafaranga agenda arushaho kuboneka kuko K-Creation ntabwo nifuje ko biba gusa Location Management, naguye ibyo nakoraga ahubwo biba Production Management, ha handi umuhanzi utegura amashusho ampereza budget afite ubundi akaza we aje gu-shooting-a gusa."

Asoza agira ati:" Ku ndirimbo Sana banyishyuye  ibihumbi 70 bwari bwo bwa mbere nyakoreye mu muziki uretse n'ibyo kandi kuba narateguye site abantu bakagira ngo indirimbo yafatiwe Jamaica kugeza ubu ariko kuva twakagura ibikorwa indirimbo ya Symphony n’umunya Nigeria itarajya hanze niyo maze gukuramo amafaranga menshi kuko nasaguye agera kuri miliyoni 1.2Frw."

K-Creation Rwanda avuga ko yitegura gufungura kompanyi yagutse kuko amaze kubona ko ibyo akora bifite akamaro kandi bikenerwa na benshi bikareka gukora wenyine cyangwa n’abantu be ba hafi bikaba ibintu bihoraho umunsi ku wundi n’abantu bakaba bajya bagira aho bamusanga kandi yifuza no kuzagura ibyo akora bikagera no mu bindi bice by’isi.

Confy na K Creation Rwanda wamufashije mu ifatwa ry'amashusho ya Mali

Fireman na K Creation Rwanda mu ifatwa ry'amashusho ya Agafoto

Yatangiye akora 'Location Management' agahabwa ibihumbi 70Frw

Kuri ubu arinjiza miliyoni 1 kuzamura ku ndirimbo imwe 

K Creation yatangiye akora 'Location Management' ubu ageze kuri Production Management kandi areteganye gufungura ikompanyi mu bihe bya vuba

KANDA HANO UREBE SANA YA PAPA CYANGWE K CREATION RWANDA YAHEREYEHO


KANDA HANO UREBE MILLIONAIRE YA MICO THE BEST K CREATION AHERUKA GUKORAHO

">




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...