Iki
cyemezo Juno Kizigenza yagifashe nyuma yo kubona ubutumwa Minisitiri Bizimana
yashyize ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), amusaba gukura iryo zina mu byo
yifashisha mu buhanzi bwe, hashingiwe ku mateka n’icyo iryo jambo risobanura mu
mateka y’u Rwanda.
InyaRwanda
yamenye ko uyu muhanzi atatinze gushyira mu bikorwa ubu busabe, aho yahise
atangaza ko iryo zina ritakiri mu tubyiniriro twe kandi ko atazongera
kurikoresha mu bikorwa bye by’ubuhanzi.
Umujyanama
wa Juno Kizigenza, Nando, yabwiye InyaRwanda ko indirimbo zose uyu muhanzi
azasohora mu gihe kiri imbere zizaba zidafite ijambo ‘Rutwitsi’, ashimangira ko
Juno Kizigenza yiyemeje kubahiriza ubusabe bwa Minisitiri no kwirinda amagambo
ashobora gutera impaka cyangwa gusubiza inyuma ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ibi
bibaye mu gihe hari impaka zari zimaze iminsi zivuka ku ikoreshwa ry’iryo zina,
aho bamwe bagaragazaga ko ridakwiye gukoreshwa mu rwego rw’imyidagaduro bitewe
n’amateka arikomokaho.
Mu
muziki wo mu Rwanda no hirya no hino ku Isi, gukoresha izina ry’utubyiniriro
(a.k.a – Also Known As) ni umwe mu mwihariko abahanzi bakunze guhitamo mu rwego
rwo kwiyubakira ishusho, gutandukana n’abandi, no kwiyegereza abafana babo.
Icyakora, si buri zina ryose riba rikwiriye gukoreshwa hatitawe ku mateka n’igisobanuro
rifite muri sosiyete.
‘Rutwitsi
muzi’ ni izina Juno Kizigenza yakunze kwifashisha cyane, aho mu ndirimbo ze
nyinshi atangiza igihangano cye aririmba ati: “Rutwitsi muzi.” Ibi byatumye
bamwe mu bafana baryiyumvamo nk’ikimenyetso cy’umwihariko we mu muziki.

Juno
Kizigenza yagaragaje ko yamaze gukura ‘Rutwitsi’ mu mazina asanzwe akoresha mu
buhanzi bwe
Ubutumwa
Juno Kizigenza yatambukije kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Gashyantare 2026,
bugaragaza ko yatangiye urugendo rwo gukora indirimbo zitumvikanamo ijambo ‘Rutwitsi'
Minisitiri Bizimana yasabye Juno Kizigenza kureka gukoresha izina 'Rutwitsi' mu mazina asanzwe akoresha mu buhanzi bwe
