Juno Kizigenza yavuze impamvu yasomanye na Ariel Wayz ku rubyiniro –VIDEO

Imyidagaduro - 06/12/2025 5:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Juno Kizigenza yavuze impamvu yasomanye na Ariel Wayz ku rubyiniro –VIDEO

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Juno Kizigenza, yatangaje ko gusomana kwe na Ariel Wayz bari ku rubyiniro mu gitaramo Davido yamurikiyemo Album ye ya Gatanu ‘5IVE’, byaturutse ku byishimo yari afite muri uwo mwanya, aho yabigaragaje nk’ikimenyetso cy’umunezero kurusha ibindi bisobanuro by’ubuzima bwite.

Iki gitaramo cyari cyatewe inkunga na SKOL binyuze mu kinyobwa cya Skol Malt, kibera muri BK Arena ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki 5 Ukuboza 2025.

Akigera ku rubyiniro, Juno Kizigenza yahise asezeranya abafana ko umwaka wa 2026 uzatangirana album nshya, ikurikiye ‘Yaraje’ yaherukaga gusohora. Ati: “Mbafitiye amakuru meza, tuzatangira umwaka mushya na album nshya. Muriteguye?”

Juno yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe zirimo ‘Jaja’, ‘Birenze’, ‘Shenge’, ‘Igitangaza’, ‘Yaraje’ na ‘Kurura’.

Mu buryo butatunguranye ku bari mu gitaramo, Juno Kizigenza yahamagaye Ariel Wayz ubwo yari ageze ku ndirimbo yabo ‘Away’. Yahise ateguza abafana asaba urusaku rwinshi kuri uyu muhanzikazi bahoze bakundana.

Ariel akigera ku rubyiniro, bahise baririmbana iyi ndirimbo nk’uko byari mu bihe byabo byiza. Abafana na bo babatiza imbaraga, basubiramo amagambo y’indirimbo, maze ikirere kirushaho gushyuha.

Byaje kurangira aba bombi basomanye, ibintu byatumye abantu benshi bagarura mu bitekerezo urugendo rw’umubano wabo watangiye kuzamo agatotsi mu 2021.

Nyuma y’igitaramo, mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda.com, Juno yavuze ko gusomana na Ariel Wayz bitari ibintu byateguwe cyangwa bifite icyo bisobanura kirenze uko byagaragaye. Ati: “Bivuze ko nishimye, ntakindi. Tuba tugomba kwemeza.”

Yavuze ko yabikoze nk’umuhanzi wishimira umwanya ndetse uko abafana bari bamwakiriye muri BK Arena.

Mu myaka mike ishize, Ariel Wayz yakoze urugendo rutangaje mu muziki nyarwanda, yerekana impano ye mu majwi ndetse no mu mikorere itandukanye.

Nubwo we na Juno batandukanye mu rukundo rugikura, indirimbo ‘Away’ n’izindi nzozi z’ubuhanzi bakoranye zagiye zisigara nk’igice cy’amateka yabo.

Nyuma y’uko umubano wabo utangiye kuzamo ibibazo mu Ukuboza 2021, bombi bakomeje gukura mu buhanzi bwabo ariko indirimbo bahuriyemo ikomeza gufata umwanya wihariye mu mitima y’abakunzi babo.

Gusomana kwabo ku rubyiniro byasize benshi bibaza niba ari ishusho y’amarangamutima yasubiyeho cyangwa se ari igikorwa cy’umuziki cyakozwe mu mwanya wo kwishimira igitaramo.

Uretse ibi byaranze ijoro, igitaramo cya Davido cyaranzwe n’ubwitabire buri hejuru, imiririmbire y’ikirenga n’uduce twinshi twatuma 5 Ukuboza 2025 izahora yibukwa mu muziki w’u Rwanda.

Juno Kizigenza yakira Ariel Wayz ku rubyiniro mu mwuka w’ibyishimo mu gitaramo cya #5iveAliveTour

Ariel Wayz na Juno basubiramo ‘Away’ bahuzwa n’urusaku rw’abafana rwari rwakwiriye BK Arena

Igihe cy’amarangamutima: Juno na Ariel barebana mu buryo bwatumye abafana bongera kwibuka amateka yabo

Umuziki ugarura ibihe: Aba bahanzi bombi baririmba ‘Away’ nk’aho ari bwa mbere 

Umuseke w’ijoro waje kurangira basomanye—umwanya wakongeje uruvange rw’ibyiyumvo mu gitaramo cya Davido


KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA JUNO KIZIGENZA


AMAFOTO: The New Times

VIDEO: Dox Visual/InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...