Junior Music uba muri Israel yasohoye indirimbo ‘Party Time’ anateguza igitaramo mu Rwanda

Imyidagaduro - 12/08/2026 8:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Junior Music uba muri Israel yasohoye indirimbo ‘Party Time’ anateguza igitaramo mu Rwanda

Umuhanzi Nyarwanda Junior Music ukorera umuziki i Tel Aviv muri Israel, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Party Time’, avuga ko mu mezi ari imbere ateganya kuza mu Rwanda kuhakorera ibitaramo.

‘Party Time’ ni indirimbo iri ku mbuga zumvirwaho imiziki ndetse no ku murongo wa shene ye ya Youtube ‘Channel’. Amajwi y’iyi ndirimbo yatunganyijwe na Producer Bertzbeat. Junior Music avuga ko afite na gahunda yo kuyikorera amashusho mu gihe kiri imbere.

Uyu muhanzi usanzwe utuye i Tel Aviv muri Israel asobanura ko yahisemo guhimba iyi ndirimo mu rwego rwo kwibutsa abantu ko umuziki wakabahuje, bakishima.

Ati:  “Ubuzima bwanteye kuyihimba. Abantu dufata umwanya tugashaka amafaranga, tukayabona cyangwa ntitunabone ahagije, ariko nasanze mu buzima dukeneye ibyishimo. Aho twaba turi hose, amafaranga yaba ahari cyangwa adahari, dukeneye kurema ibyishimo muri twe n’ubumwe.”

Kuba aba muri Israel ni kimwe mu bintu avuga ko bimugora mu rugendo rwe rwa muzika, cyane ko aba kure y’Abanyarwanda benshi bakurikirana ibikorwa bye.

Ati: “Imbogamizi ni uko ndi kure y’Abanyarwanda benshi bumva ibyo nkora kurusha abandi. Ariko kuba nkorera umuziki hano bimpuza n’abanyamuziki bo muri Israel, nkagenda menyana n’abandi ndetse bikanyungura.”

Junior Music avuga ko afite gahunda yo kuza mu Rwanda mu mezi make ari imbere, aho ateganya kuhakorera ibitaramo no kongera guhura n’abakunzi b’umuziki we.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...