Jules Sentore yasohoye indirimbo igaragaramo inkumi yafungishije Davis D, Kevin Kade na Thierry-VIDEO

Imyidagaduro - 06/08/2021 7:45 AM
Share:

Umwanditsi:

Jules Sentore yasohoye indirimbo igaragaramo inkumi yafungishije Davis D, Kevin Kade na Thierry-VIDEO

Umuhanzi mu njyana gakondo Jules Sentore yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Iyizire’ igaragaramo inkumi yafungishije Davis D, Kevin Kade na Thierry.

Mbere y’uko amashusho y’iyi ndirimbo asohoka, uyu mukobwa Kayesu Shalon [Shazz] yasakaje amashusho ari mu mudoka imwe na Jules Sentore, bitungura benshi bibaza icyahuje aba bombi.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘IYIZIRE’ YA JULES SENTORE

Jules Sentore yanditse agaragaza ko atishimiye kuba aya mashusho yasohotse, ndetse mu masegonda ya nyuma y’aya mashusho agaragara abuza uyu mukobwa gufata aya mashusho na telefoni ye.

Mu ndirimbo y’urukundo ‘Iyizire’, Jules Sentore yishyize mu mwanya w’umusore ubwira umukunzi we ko yamwihebeye akirengagiza ibyo yagiye abwirwa n’abantu batandukanye bamusaba kumureka.

Uyu musore avuga ko yiteguye kubana nawe, agashimagiza ubwiza bw’umukunzi we. Hari nk'aho uyu muhanzi aririmba agira ati “Usa n’akazuba k'umuseso we zuba ryanjye hari n’ubwo mbura uko nkwita nkavuga nti cher chouchou mon amour."

Iyi ndirimbo igisohoka, uyu mukobwa yayisangije abamukurikira agira ati “Mwishimire ‘Iyizire’. Niyo ndirimbo ya mbere agaragayemo kuva yavugwaho gufungisha Davis D, Kevin Kade na Thierry nyuma akaza kubisabira imbabazi.

Davis D, Kevin Kade na Thierry bafunzwe muri Gicurasi 2021 bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa utaruzuza imyaka y’ubukure.

Kayesu Shalon ni umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko wayujuje tariki 23 Ukuboza 2020, asanzwe ari umunyeshuri mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye mu bijyanye n’ubukerarugendo.

Mu buryo bw’amajwi iyi ndiirmbo ‘Iyizire’ yakozwe na Made Beats naho amashusho yafashwe na Bagenzi Bernard, afatirwa Sunday Park Nyarutarama.

Iyi ndirimbo yumvikanamo gitari zacuranzwe na Arsene ndetse na Arnaud Gasige. Jules Sentore asanzwe abarizwa muri Label Kwanda Music ahuriyemo na Ruti Joel. Jules Sentore yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Iyizire’ yifashishijemo inkumi yafungishije Davis D, Kevin Kade na Thierry Kayesu Shalon [Shazz] ni we mukinnyi w’imena mu mashusho y’indirimbo ‘Iyizire’ ya Jules Sentore

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘IYIZIRE’ YA JULES SENTORE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...