Iki gitaramo cyiswe “Umudende Live
Concert” giteganyijwe ku wa 29 Gicurasi 2026, kikazabera muri Kigali Universe.
Ni igitaramo uyu muhanzi avuga ko kizaba ari icyihariye, kigamije gusangira
ibyishimo n’abakunzi be ndetse no kubagezaho umuziki we mu buryo bw’imbona
nkubone.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Jules
Sentore yavuze ko nubwo iri ari igitaramo yitiriye album, mu by’ukuri ari
igikorwa kinini cyo kwishimana n’abakunzi be ndetse no kugaragaza urwego
umuziki gakondo ugezeho.
Yagize ati: “Ni igitaramo cyagutse cyane.
Ni umwanya wo gutaramira abantu mu buryo butandukanye, ariko nanone ni
intangiriro y’urugendo nzakomereza no mu bindi bihugu.”
Album “Umudende” yashyizwe ku isoko ku wa
1 Kanama 2025, umunsi wahuriranye n’ibirori bya Umuganura. Ni album igaragaramo
umwihariko w’umuco nyarwanda, aho indirimbo ziyigize zigaruka ku mateka,
indangagaciro n’iterambere ry’umuziki gakondo.
Izina “Umudende” rifite inkomoko mu mateka
y’u Rwanda, aho ryari impeta yambarwaga ku kuboko ihabwa intwari zagize uruhare
rukomeye ku rugamba.
Uyu muhanzi avuga ko yahisemo iri zina
ashaka kugaragaza urugendo rwe mu muziki, imbaraga yashyizemo n’icyerekezo
cy’ejo hazaza.
Iyi album iriho indirimbo 12 zirimo
“Rutemikirere”, “Ikirenga”, “Urumamo”, “Inka” yakoranye na Rugaba, “Inkuru
y’abahungu”, “Juru ry’inyamibwa”, “Umutasi”, “Indamutsa” yahuriyemo na Bakuri,
“Karimi”, “Usa n’u Rwanda”, “Minwanziga” na “Nkuyo” yakoranye na Nkuba.
Mu kuyitunganya, Jules Sentore yakoranye
na Madebeats mu bijyanye n’amajwi, umwe mu batunganya umuziki bafite izina
rikomeye mu Rwanda.
Uyu muhanzi amaze imyaka irenga 15 mu
muziki, aho yagiye agaragaza ubuhanga mu bihangano byakunzwe nka “Ngera”,
“Agafoto”, “Umpe akanya”, “Udatsikira”, “Warakoze” na “Diarabi”. Yakoze
ibitaramo bikomeye birimo “Inganzo Yaratabaye” ndetse anitabira amarushanwa
arimo Primus Guma Guma Super Star na Salax Awards.
Jules Sentore ni umwe mu bahanzi bagize
uruhare rukomeye mu gukundisha Abanyarwanda n’abanyamahanga umuziki gakondo,
ndetse akomeje gushyira imbaraga mu kuwugeza ku rwego mpuzamahanga. Iki
gitaramo cye cya “Umudende Live Concert” kikaba ari indi ntambwe igaragaza uwo
muhate.
Jules Sentore agiye gutangira ibitaramo
bya “Umudende Live Concert” i Kigali ku wa 29 Gicurasi 2026, igitaramo cya
mbere kikazabera muri Kigali Universe


