Mu
gihe ibiganiro ku mubano wa Stellah Nantumbwe n’umugabo we bikomeje gukwira ku
mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye, Judith Heard yavuze ko
abantu bakwiye kwitwararika igihe bahuye n’ibibazo by’urushako, bakirinda
gushakira ibisubizo cyangwa impuhwe ku mbuga nkoranyambaga.
Mu
butumwa bwe ku rubuga rwa X, Judith Heard yagarutse ku buzima bwe bwite, avuga
ko yashatse akamara imyaka 12 yose mu rushako ariko ko we n’uwari umugabo we bahisemo
gutandukana batabigize inkuru ya rubanda.
Aya
magambo yayatangaje mu gihe amakuru menshi atandukanye akomeje kuvugwa ku ihagarara
ry’urugo rwa Stellah Nantumbwe na Saidi Bukenya, urugo rwari rwarakurikiwe
cyane n’abatari bake kuva rwashingwa.
Judith
Heard ufite inkomoko mu Rwanda ariko akaba atuye muri Uganda, yavuze ko uko ibintu byaba byaragenze kose, Stellah akwiriye kuzirikana
ko Saidi ari umugabo yahisemo kubana na we ku mugaragaro, bityo ko atakagombye
gutwarwa n’amarangamutima ngo ashyire ibibazo byabo hanze.
Yagize
ati: “Inama naguha ni imwe gusa; ntushyire amabanga yo mu rugo rwawe kuri
internet. Uko byagenda kose, uyu ni wa mugabo wahisemo gushakana na we kandi ni
urugo rwabaye urwawe mu mezi ashize.”
Uyu
mugore yavuze ko abantu benshi bakurikirana aya makuru baba bashaka
imyidagaduro kurusha gushaka gufasha, ashimangira ko rubanda badashobora gukiza
urushako cyangwa ngo bakureho intimba umuntu afite nyuma yo gutandukana.
Ati:
“Rubanda ntibashobora gukiza urushako rwawe kandi ntibaanagukiza agahinda ko
gutandukana.”
Judith
Heard, na we wigeze kunyura mu nzira y’itandukana (Divorce), yavuze ko gukomeza
kubungabunga icyubahiro cyawe ari byo bikwiye kuza imbere aho gushaka
gutsindira impuhwe cyangwa inkunga z’abakoresha imbuga nkoranyambaga.
Yongeyeho
ati: “Icyo abantu bakora ni ukumenya inkuru yawe hanyuma bakimukira ku yindi.”
Yibukije
Stellah Nantumbwe ko niba koko urushako rwe rwarageze ku musozo, akwiriye
kubyitwaramo mu bushishozi, ituze n’ubukure aho kubigira intambara yo ku mbuga
nkoranyambaga.
Ati:
“Niba urushako rwararangiye, shyiramo ubwenge, icyubahiro n’ubukure. Rinda
amahoro yawe, rinda ejo hazaza hawe kandi wirinde kwikomeretsa kurushaho.”
Amagambo
ya Judith Heard yakiriwe neza na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga,
bavuga ko mu bihe nk’ibi abantu benshi bakunze gutwarwa n’amarangamutima
bagashyira hanze amakuru y’ibanga, nyamara nyuma y’igihe gito rubanda bakagukurikiza izindi nkuru nshya.
Stellah
Nantumbwe amaze imyaka myinshi ari umwe mu bagore bazwi cyane muri Uganda kuva
yegukana ikamba rya Miss Uganda, nyuma akubaka izina rikomeye mu ruganda
rw’imyidagaduro no mu itangazamakuru. Gusa kuba icyamamare bituma ubuzima bwe
bwite bukomeza gukurikiranwa cyane n’abatari bake.
Mu
butumwa bwe, Judith Heard yashimangiye ko hari intambara zimwe na zimwe umuntu
aba akwiriye kurwanira mu bwiru aho kuzishyira imbere y’imbaga y’abamureba.
Mu
gihe hakomeje gutegerezwa kumenya niba Stellah Nantumbwe n’umugabo we
bazasubirana cyangwa niba bazakomeza inzira y’itandukana, inama ya Judith Heard
yagaragaje ko amahoro yo mu mutima, icyubahiro n’ubwitonzi bishobora kugira
agaciro karenze gutsindira impaka ku mbuga nkoranyambaga.

Judith Heard yagiriye inama Nyampinga wa Uganda yo gutuza, kuko nawe yarushinze mu gihe cy'imyaka 12 batandukana mu bwubahane


Stella Nantumbwe wabaye Nyampinga wa Uganda 2013, aherutse gutandukana n’umugabo babanaga, ndetse hari abamushinja ko yagiye atwaye ibintu by’umugabo we

