Judence Kayitesi yifuza ko igitabo cye ku mateka ya Jenoside cyakwemerwa mu mashuri yo mu Rwanda –VIDEO

Imyidagaduro - 26/08/2025 7:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Judence Kayitesi yifuza ko igitabo cye ku mateka ya Jenoside cyakwemerwa mu mashuri yo mu Rwanda –VIDEO

Judence Kayitesi, umwanditsi w’Umunyarwandakazi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatangaje ko yifuza ko igitabo cye “The Unity Quest” cyajya gikoreshwa mu mashuri yo mu Rwanda, nk’isomo ryafasha urubyiruko kumenya amateka y’Igihugu no gukomeza kubaka ubumwe n’ubudaheranwa.

Uyu mwanditsi avuga ko amaze kubona amashuri yo mu Budage yemeye gukoresha iki gitabo nk’imfashanyigisho, ndetse akanajya kubaganiriza nk’umwanditsi wacyo.

Kayitesi yabwiye InyaRwanda ko “The Unity Quest” ari igitabo yanditse agendeye ku mateka y’u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane cyane ashingiye ku kwigisha abana n’ingimbi b’imyaka 12 kuzamura. Yagihaye intego yo kwigisha ubumwe, ubwiyunge, n’akamaro ko kwirinda amacakubiri.

Ati: “Iki gitabo cyibanda ku gusobanura uko amacakubiri yagiye yubakwa kugeza atugejeje kuri Jenoside, ariko nanone kikagaragaza ko ubumwe bushoboka, kandi ko ari ingenzi ko abana bato bigishwa amateka hakiri kare.”

Iki gitabo cyemejwe na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ishingano Mboneragihugu (Minubumwe) nk’imfashanyigisho ifasha gusobanura amateka mu buryo bworoshye kandi bushishikaje urubyiruko. Giteye mu buryo bworoshye gusoma, kirimo ibice by’inkuru, amasomo yo gutekerezaho n’ibibazo byifashishwa mu masomo mu ishuri.

Kayitesi yavuze ko amaze kohereza ubusabe bwe muri Minisiteri y’Uburezi, ayisaba ko iki gitabo cyashyirwa mu bitabo byemewe gukoreshwa mu mashuri yo mu Rwanda, ariko kugeza ubu ntarabona igisubizo.

Ati: “Narabyifuje cyane, kandi narabandikiye. Nagerageje ibishoboka byose. Ntabwo baransubiza, ariko mfite icyizere. Icyiza ni uko Minubumwe yabyemeje, kandi mbere yo gusohora igitabo nari nabahaye kopi ngo bakibone.”

Nyuma yo gusohora iki gitabo, amashuri yo mu Budage, aho atuye mu mujyi wa Karlsruhe, yatangiye kumutumira ngo ajye gusobanurira abanyeshuri ibikubiye muri icyo gitabo.

Ati: “Mu Budage baracyemeye. Minisiteri yatanze inkunga, ibitabo 400 birakorwa, kandi nzajya njya mu mashuri nkabigeza ku banyeshuri. Njyewe ubwanjye ni njye ujya kubaganiriza.”

Ubu asigaye akora amasaha atanu ku munsi mu kazi ke ka buri munsi, andi masaha akayakoresha mu kwigisha mu mashuri.

Kayitesi si ubwa mbere yandika ku mateka ya Jenoside. Yari yaranditse n’igitabo cya mbere yise “A Broken Life: In Search of Lost Parents and Lost Happiness”, gikubiyemo ubuhamya bwe ku buzima bwe mbere, mu gihe cya Jenoside, n’uko yiyubatse nyuma yayo.

Avuga ko mu muryango w’abana batanu bavukanaga, barokotse ari batatu: we na basaza be babiri. Yavukiye mu yahoze ari Perefegitura ya Kigali-Ngali, Komine Rutongo, Segiteri Cyuga (ubu ni mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jali), akaba atuye mu Budage kuva nyuma ya Jenoside.

Kayitesi ashimangira ko igitabo cye kidakwiye kuguma mu Budage gusa, ahubwo ko cyakwigishwa mu Rwanda no mu bindi bihugu, kuko ubutumwa burimo ari ububaka amahoro. Ati: “Nifuza ko ubutumwa bukubiye muri iki gitabo bwakwira hose, kuko ni amasomo ku Isi yose. Ubumwe, ubwiyunge n’amahoro ni ibintu buri gihugu gikenera.”

Judence Kayitesi, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yanditse igitabo ‘The Unity Quest’ yifuza ko cyigishwa mu mashuri yo mu Rwanda 

Mu Budage bamaze gutangira kwigisha abanyeshuri ibikubiye mu gitabo cye ‘The Unity Quest’ cyigisha amateka, ubumwe n’ubwiyunge 

Nifuza ko ubutumwa bwagera hose – Judence Kayitesi arasaba ko n’abanyeshuri bo mu Rwanda bahabwa amahirwe yo kwiga igitabo cye

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA JUDENCE KAYITESI



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...