Ibi
yabigarutseho mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi
byabereye i Prague muri Czech Republic tariki ya 9 Mata 2026, ndetse no mu Mujyi
wa Budapest muri Hongiriya [Hungary] tariki ya 10 Mata 2026, aho yaganirije
Abanyarwanda bahatuye n’inshuti z’u Rwanda.
Ambasade
y’u Rwanda muri Repubulika ya Tchèque yateguye igikorwa cyo #Kwibuka32
cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye, abahagarariye ibihugu byabo, inshuti z’u
Rwanda ndetse n’Abanyarwanda batuye muri iki gihugu.
Ni
igikorwa cyaranzwe no kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no kugaragaza
ubumwe n’icyizere u Rwanda rukomeje kubaka nyuma y’amateka mabi rwanyuzemo.
Mu
mujyi wa Budapest, igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe na
Ambasade y’u Rwanda muri Hongiriya, cyitabirwa n’abayobozi mu nzego za Leta,
abahagarariye ibihugu byabo, inshuti z’u Rwanda n’Abanyarwanda bahatuye.
Mu
bitabiriye harimo Marguerite Nyagahura, Ambasaderi w’u Rwanda muri Hongiriya,
wagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi itabaye impanuka, ahubwo yateguwe mu
gihe kirekire hashingiwe ku ivangura, amacakubiri n’inyigisho z’urwango byagiye
bishyirwaho kuva mu gihe cy’ubukoloni.
Yagarutse
kandi ku kibazo cy’imitwe yitwaje intwaro isigaye ifite ingengabitekerezo ya
Jenoside ikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi
ya Congo, asaba amahanga gushyigikira ingamba zigamije amahoro n’umutekano
birambye.
Ku
ruhande rwa Hongiriya, Attila Koppány wari umushyitsi mukuru, yavuze ko kwibuka
Jenoside yakorewe Abatutsi ari umwanya wo kuzirikana inzirakarengane zishwe, imiryango n’inzozi
z’ubuzima bari bafite bateshejwe.
Mu
bandi batanze ubutumwa harimo Freddy Mutanguha, Umuyobozi w’Urwibutso rwa
Jenoside rwa Kigali, wagaragaje ko mbere y’ubukoloni Abanyarwanda bari babayeho
mu bumwe, basangiye ururimi n’umuco, ariko nyuma hakaza kubaho amacakubiri
yashyizweho ku bushake.
Mu
buhamya bwe, Judence Kayitesi yagaragaje ko Jenoside yatangiye ari umwana
w’imyaka 11 gusa, ubuzima bwe bugahinduka mu kanya gato.
Yavuze
ko mbere ya Jenoside yari umwana usanzwe ubana n’umuryango we mu byishimo,
ariko aza gutangira guhura n’ivangura ku ishuri, aho yamenye bwa mbere ko ari
Umututsi mu buryo bumutesha agaciro, bigakurikirwa no guhohoterwa n’ivangura
rikabije.
Mu
gihe Jenoside yatangiraga muri Mata 1994, Kayitesi yavuze ko bahungiye mu
musigiti bizeye umutekano, ariko tariki ya 13 Mata abicanyi baza kubasangayo.
Yagize
ati: “Batandukanije Abahutu n’Abatutsi, njya ku ruhande rw’Abatutsi. Batangiye
kwica abantu n’inkota n’amasasu, nanjye banteye icyuma ku mutwe, numva byose
birangiye."
Yongeyeho
ko yakangutse asanga ari muzima ariko ari mu maraso menshi, akikijwe
n’imirambo. Yibuka uko yabonye umwana ugerageza konka nyina wari wapfuye,
ibintu avuga ko bitigeze biva mu mutwe we.
Nyuma
yajyanywe kuri Croix-Rouge, aho yabwiwe ko azapfa, ariko ararokoka.
Yashimangiye
ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe n’Ingabo zari iza RPA, zaje gutabara Abatutsi bari
basigaye.
Nyuma
ya Jenoside, yamenye ko ababyeyi be, umuvandimwe we n’umuvandimwe we w’umukobwa
bishwe, ibintu byamubabaje cyane.
Judence
Kayitesi yavuze ko yahisemo kuvuga amateka ye kugira ngo atazibagirana, ndetse
no kuba ijwi ry’abishwe batakibasha kuvuga.
Yagize
ati: “Kwibuka ni ingenzi kuko Jenoside itangirira ku magambo, urwango,
amacakubiri no guceceka. Ntimukicecekere.”
Yasoje
asaba amahanga kudaterera agati mu ryinyo mu gihe hari ibimenyetso by’urwango
n’amacakubiri. Yashimangiye ko ibyabaye mu Rwanda bitagomba kuzongera kuba
ahandi hose ku Isi.


Ubuhamya bubabaje ariko bwuzuye icyizere bwa Judence Kayitesi [Uri iburyo] bwasigiye ubutumwa bukomeye abitabiriye #Kwibuka32 i Prague na Budapest

Ntihakagire undi mwana ubaho ibyo twanyuzemo” – Judence Kayitesi asaba isi guharanira ko Jenoside itazongera ukundi

Mu Kwibuka32, Judence Kayitesi yagaragaje urugendo rwe rwo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi n’ingaruka zayo ku muryango we

Mu rugendo rwo kwiyubaka, Judence Kayitesi yanditse ibitabo birmo “A Broken Life”

Yananditse igitabo kigaragaza ko yahisemo ubudaheranwa yise “Choose Resilience”

Judence yanatekereje ku rubyiruko yandika igitabo yise “Unity Quest” kibafasha kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi


Ambasaderi w’u Rwanda muri Hongrie, Marguerite Françoise Nyagahura

Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe imibanire ya Hongrie na Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi, Attila Koppány

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Aegis Trust, Mutanguha Freddy





