Judence Kayitesi yasohoye igitabo gishya ‘Letters of Forever’

Imyidagaduro - 11/10/2025 1:07 PM
Share:

Umwanditsi:

Judence Kayitesi yasohoye igitabo gishya ‘Letters of Forever’

Umwanditsi w’umunyarwandakazi uba mu Budage, Judence Kayitesi, yashyize hanze igitabo cye gishya yise Letters to Forever (Ibaruwa y’Urukundo itazibagirana), gikubiyemo inkuru y’urukundo yuje amarangamutima, ubutumwa bwo gukira ibikomere no kwizera ko urukundo nyakuri rubaho.

Nyuma y’ibitabo byagiye byerekana urugendo rwe rwo gukira ibikomere no guhitamo kubaho birimo: ‘A Broken Life’, ‘Choosing Resilience’ na ‘Unity Quest’, uyu mwanditsi yongeye kugaruka, ariko noneho yitsa ku rukundo nk’imbaraga zishobora gukiza ibikomere by’umutima n’iby’imyaka yo guceceka.

Mu gitabo ‘Letters to Forever’, Judence agaragaza inkuru y’urukundo ishingiye ku ibaruwa n’ubutumwa byabaye intangiriro y’umubano w’iteka hagati y’abantu babiri.

Ni inkuru y’ukuri, yanditswe mu buryo buhuje ubuhanga n’amarangamutima y’ukuri, aho agaragaza ko rimwe na rimwe “ijambo rimwe ry’urukundo rishobora gukiza ibyo imyaka yo gutuza itabashije gukiza."

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Judence yavuze ko iki gitabo ari kimwe mu bikorwa yanditse mu buryo bumwegereye cyane.

Ati: “Nanditse Letters to Forever kugira ngo nerekane ko urukundo ari urugendo rutwigisha gukira, kwiyunga no kubaka ejo hazaza. Iki gitabo ni igisubizo cy’ukuri ku buzima bwanjye, ariko na none ni impano ku basomyi bose bifuza kwibuka ko gukunda no gukundwa ari yo ntangiriro y’ibyiringiro bishya.”

Judence yavuze ko iki gitabo cyamaze kujya hanze ku masoko yo kuri Internet, binyuze kuri www.inzozipublishers.com,  ndetse no kuri konti ze z’imbuga nkoranyambaga .

Mu Rwanda, iki gitabo yise Letters to Forever kizatangira kuboneka kuva ku itariki ya 5 Ugushyingo 2025 binyuze muri Inzozi Publisher.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Judence yavuze ko iki gitabo ari urundi rwego rushya mu rugendo rwe nk’umwanditsi.

Ati: “Abenshi banyibuka mu bitabo A Broken Life, Choosing Resilience na Unity Quest byavugaga ku gukira n’ubumwe. Ariko ubu nkinguye indi paji y’umutima wanjye. Letters to Forever si inkuru yo kurokoka, ni inkuru y’urukundo. Ni urukundo nyakuri rwanditswe mu mabaruwa, rugaragaza uburyo umutima ushobora kongera gukunda no kwemera kongera kwizera.”

Yongeyeho ati “Nshaka ko abantu basoma iki gitabo bakibuka ko ubushobozi bwo kwihangana no kongera kubaho atari uguhagarara gusa mu bibazo, ahubwo rimwe na rimwe ari no kwiyemeza gukunda.”

Igitabo ‘Letters to Forever’ kigaragaza urukundo nk’isoko y’ubuzima bushya, kigaragaza ko inyandiko n’amagambo afite imbaraga kurusha igihe ubwacyo.

Ni igitabo cyuje impanuro n’ubwiza bw’imvugo, cyanditswe mu rurimi rw’icyongereza ariko kirimo ubutumwa bw’umutima bwumvikana kuri buri wese.


Umwanditsi Judence Kayitesi yagarutse ku isoko ry’ibitabo n’inkuru nshya y’urukundo yise Letters to Forever ‘Ibaruwa y’Urukundo itazibagirana’ 

Nanditse igitabo ‘Letters to Forever’ kugira ngo nerekane ko urukundo rutwigisha gukira no kubaka ejo hazaza.” — Judence Kayitesi

Judence Kayitesi yaherukaga gusohora igitabo birimo 'Quest of Unity'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...