Judence Kayitesi yahawe igihembo cy’indashyikirwa mu kwandika ibitabo

Imyidagaduro - 09/03/2026 9:26 AM
Share:

Umwanditsi:

Judence Kayitesi yahawe igihembo cy’indashyikirwa mu kwandika ibitabo

Judence Kayitesi yahawe igihembo cy’Umuyobozi w’indashyikirwa mu ruganda rwo gutangaza ibitabo (Woman in Publishing Leader) mu birori bya Women Book Awards 2026, hanizihizwa Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore ku rwego rw’Isi.

Iki gihembo cyatanzwe mu rwego rwo guha agaciro uruhare Kayitesi yagize mu guteza imbere urwego rw’ubuvanganzo mu Rwanda, cyane cyane mu bijyanye no gutangaza ibitabo, guteza imbere umuco wo gusoma no gufasha abantu kuvuga inkuru zabo.

Judence Kayitesi yavuze ko iki gihembo yegukanye atari icye wenyine, ahubwo ko agisangiye n’abasomyi, abanditsi n’urubyiruko rwizera imbaraga z’inkuru mu guhindura sosiyete.

Uyu mugore washinze inzu itangaza ibitabo ya Inzozi Publisher, yagize ati “Iki gihembo si icyanjye njyenyine, ni icy’abasomyi, abanditsi n’urubyiruko rwizera ko inkuru zifite imbaraga zo gukiza, kwigisha no kuduhuza nk’umuryango mugari.”

Imwe mu ntego zikomeye Kayitesi yagiye ashyiramo imbaraga mu kazi ke, ni ugushyigikira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, binyuze mu bitabo no mu nkuru zandikwa zigafasha gusigasira amateka.

Yagaragaje ko ubuvanganzo bufasha abarokotse gusangiza abandi ubuhamya bwabo, bigatuma amateka yabo adasibangana.

Yagize ati “Inkuru zitwara ubutumwa n’amatwara y’ingenzi. Iyo abarokotse basangiye ubuhamya bwabo, bifasha sosiyete kwiga amateka, gukira ibikomere no gukomeza kubaka ejo hazaza heza.”

Ku buyobozi bwa Kayitesi, Inzozi Publisher yibanze ku gutangaza ibitabo bitanga ubutumwa bwo kwibuka amateka, gukira ibikomere no kwigisha sosiyete.

Iyi nzu itangaza ibitabo yagiye ifasha abanditsi batandukanye kubona urubuga rwo gusohora ibitabo byabo no kugeza ibitekerezo byabo ku basomyi benshi.

Kayitesi yanagaragaje ko abagore barushaho kugira uruhare mu gutuma ubumenyi n’ubuvanganzo bikomeza gutera imbere mu Rwanda.

Yasobanuye ko abagore benshi bari kwinjira mu kwandika ibitabo, kubihindura, kubitanga no guteza imbere umuco wo gusoma, bigafasha kubungabunga amateka no gutanga ubumenyi ku bisekuru bizaza.

Ati: “Abagore ni abavuga inkuru, abarimu n’abayobozi mu miryango yabo. Iyo abagore banditse, bagatangaza ibitabo kandi bagateza imbere umuco wo gusoma, baba barimo kubungabunga amateka no gutera imbaraga urubyiruko.”

Kayitesi yavuze ko gutangiza inzu itangaza ibitabo bitari byoroshye, cyane cyane bitewe n’ubushobozi buke mu ntangiriro.

Yavuze ko byasabye kwihangana, gufatanya n’abandi banyamwuga ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo ibikorwa bya Inzozi Publisher bigere ku rwego biriho ubu.

Yagaragaje ko gufasha abarokotse Jenoside kuvuga inkuru zabo na byo bisaba ubwitonzi n’ubuyobozi bwitondewe kuko ari inkuru zifite uburemere bukomeye ku marangamutima.

Kayitesi yanahaye ubutumwa abakobwa n’urubyiruko bifuza kwinjira mu mwuga wo kwandika, abasaba kwizera agaciro k’amajwi yabo.

Yongeyeho ko kwandika atari iby’amasomo gusa, ahubwo ko ari n’uburyo bwo kugaragaza umwirondoro, umuco n’ibyo umuntu yanyuzemo mu buzima.

Ibirori bya Women Book Awards 2026 byahuje abanditsi, abatangaza ibitabo, abarimu, abadipolomate n’abayobozi mu bijyanye n’umuco, bagamije kwizihiza uruhare rw’abagore mu guteza imbere ubuvanganzo mu Rwanda.

Muri ibi birori hanakozwe igikorwa cyo gutanga inkunga y’ibitabo bifite agaciro ka 200,000 Frw, byashyikirijwe amasomero n’ahandi hasomera abaturage, mu rwego rwo kwagura umuco wo gusoma.

Hanacapwe kandi kopi z’ibitabo by’abanditsi batsindiye ibihembo, bigenewe gusakazwa mu bice bitandukanye kugira ngo abaturage benshi babone uburyo bwo kubisoma.

Ibi birori byabaye mbere y’Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, bikaba byagaragaje uruhare rukomeye abagore bakomeje kugira mu kubaka ejo hazaza h’umuco, ubumenyi n’ubuvanganzo mu Rwanda.

Ku ruhande rwa Judence Kayitesi, iki gihembo kigaragaza intego akomeje gushyiramo imbaraga: gutuma inkuru z’Abanyarwanda, cyane cyane iz’abarokotse Jenoside, iz’abaturage ndetse n’iz’urubyiruko, zikomeza kwandikwa, gutangazwa no gusomwa n’ibisekuru bizaza.

Judence yanditse ibitabo birimo “Choosing Resilience” kigaragaza uko yabashije kwigobotora agahinda n’ishavu yatewe n’ibyo yanyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Yananditse igitabo “Choose resilience” kigaragaza ubudaheranwa bwe, n’uburyo abarokotse bagerageje kwiyubaka.

Judence Kayitesi yahawe igihembo cy’Umuyobozi w’indashyikirwa mu gutangaza ibitabo muri Women Book Awards 2026 i Kigali


Iki gihembo cyatanzwe mu rwego rwo guha agaciro uruhare rwe mu guteza imbere ubuvanganzo, gusoma no gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kuvuga inkuru zabo



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...