Juan Mata na Klopp bashyigikiye gahunda nshya yo gufasha abatishoboye

Imikino - 27/05/2026 1:08 PM
Share:

Umwanditsi:

Juan Mata na Klopp bashyigikiye gahunda nshya yo gufasha abatishoboye

Juan Mata na Jürgen Klopp bari mu bashyigikiye gahunda nshya yiswe “World Football Giving Day” igamije gukoresha umupira w’amaguru mu gufasha abatishoboye hirya no hino ku Isi.

Nk'uko tubikesha ikinyamakuru Goal.com, iyi gahunda yatangijwe ku wa 26 Gicurasi 2026 ku bufatanye bw’imiryango itandukanye ikora ibikorwa bifasha abaturage biciye muri siporo, aho igamije gukusanya inkunga no gushyigikira imishinga ifasha urubyiruko ndetse n’abafite ubuzima bukeneye ubufasha.

Juan Mata wahoze akinira amakipe arimo Manchester United na Chelsea yavuze ko umupira wamaguru ufite ubushobozi bwo guhindura ubuzima bw’abaturage, cyane cyane urubyiruko rukeneye amahirwe yo kwiteza imbere.

Ku rundi ruhande Jürgen Klopp wabaye umutoza wa Liverpool FC na we yashyigikiye iyi gahunda, agaragaza ko siporo ishobora kugira uruhare rukomeye mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no gufasha sosiyete.

Abateguye iyi gahunda batangaje ko “World Football Giving Day” izajya iba buri mwaka,aho biteganyijwe ko hazajya hategurwa imikino ya gicuti, ikaberamo ibikorwa byo gukusanya inkunga muri stade ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, aho abafana, amakipe n’abaterankunga bazajya bagira uruhare mu gutanga amafaranga cyangwa ubundi bufasha bugenewe ibikorwa by’ubugiraneza.

World Football Giving Day” igaragaza uburyo umupira w’amaguru ushobora kugira uruhare runini mu mibereho y’abaturage, aho utagarukira ku marushanwa gusa ahubwo ushobora no kuba igikoresho cyo gufasha no guhindura ubuzima bw’abatishoboye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...