Akigera
ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Kanama 2025, Joshua Baraka yagaragaje ibyishimo
byo kongera kugaruka i Kigali, aho asanga ibikorwa bye bishyigikirwa cyane.
Yahageze
nyuma y’iminsi mike avuye mu iserukiramuco rya Afro Nation, aho yavuze ko
yagiriye ibihe byiza ndetse akanagirana ibiganiro n’abandi bahanzi mu rwego rwo
kwagura umuziki we ku rwego mpuzamahanga.
Joshua
Baraka yavuze ko mu Rwanda yiyumva nk’uri mu rugo, kuko buri gihe iyo ahageze
yisanga, akanakunda indyo zitandukanye ziharangwa.
Yongeyeho
ko mbere yo gusubira muri Uganda yifuza gukorana indirimbo n’abahanzi nyarwanda
akunda barimo “Bruce Melodie, Mike Kayihura, Element na Kivumbi King, ndetse n’abandi
numva nshaka gukorana nabo. Hari abahanzi benshi b’inshuti zanjye bari hano,
kandi ndatekereza ko bishoboka.”
Uyu
musore wigeze kuza mu Rwanda bwa mbere akoresheje 'Bus' mu rugendo rwo
kumenyekanisha ibihangano bye, avuga ko umuziki w’Afurika uri gutera imbere
kandi yishimira kugira uruhare mu kwaguka kwawo.
Nubwo
yivuga nk’umunya-Uganda, ariko yavutse ku munyarwandakazi. Ndetse ku myaka 40
ateganya kuzasoza urugendo rwe rw’umuziki.
Yashimangiye
ko kimwe mu byamushimishije ari uko agiye guhurira ku rubyiniro na Dj Pius,
amushimira kuba yaramutumiye mu gitaramo cy’uyu muhanzi wamamaye mu
ndirimbo Nana, iyo avuga ko ifite umwihariko kuko yayikoze ari mu gitutu, ariko
ikamufungurira amarembo menshi mu muziki.
Dj
Pius we yavuze ko yishimiye kwakira Joshua Baraka mu gitaramo cy’amateka,
amuhitamo kubera ubuhanga bwe n’imibanire myiza basanzwe bafitanye.
Joshua
Baraka akigera i Kigali yiteguye gususurutsa abakunzi b’umuziki
Umuhanzi
w’Umunya-Uganda yishimira uburyo ashyigikirwa mu Rwanda
Afro
Nation yamuhaye amahirwe yo guhura n’abahanzi bo ku rwego mpuzamahanga
Joshua
Baraka avuga ko mu Rwanda yiyumva nk’uri mu rugo
Ateganya
gukorana na Bruce Melodie, Mike Kayihura, Element na Kivumbi King
Yigeze
kuza i Kigali bwa mbere akoresheje bisi
Umuziki
w’Afurika uri gutera imbere kandi yishimira kugira uruhare mu kwaguka kwawo
Dj
Pius yishimira guhurira ku rubyiniro na Joshua Baraka mu isabukuru y’imyaka 15
mu muziki
KANDA
HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA JOSHUA BARAKA