Mu
kiganiro yagiranye na podcast ya Afrobeats Intelligence itegurwa na Joey Akan
ikanatambutswa na OkayAfrica, Baraka yasobanuye ko uburyo bwo guhangana mu
muziki muri Afurika y’Iburasirazuba butandukanye cyane n’uko bikorwa muri
Nigeria, cyane cyane iyo bigeze ku mibare y’ikorwa ry’indirimbo ku mbuga
zicururizwaho umuziki.
Yagize
ati: “Muri Afurika y’Iburasirazuba, ntushobora guhangana ukoresheje imibare ya ‘streaming’
kuko abantu benshi batarabyinjiramo cyane.”
Yavuze
ko muri Nigeria ho ibintu bimeze ukundi, aho imibare y’abumvira indirimbo kuri
Internet ari nk’urubuga rukomeye abahanzi bahuriraho bagahatanira.
Yagaragaje
ko abafana bo muri iki gihugu bagira uruhare rukomeye mu kuzamura abahanzi
babo, babafasha kongera imibare y’abumva indirimbo zabo.
Ati: “Ntushobora guhangana muri ‘streaming’ iwacu kuko nubwo hari abayikoresha,
abahanzi ubwabo ntibayishyiramo imbaraga nk’uko bikorwa ahandi.”
Baraka
yakomeje agaragaza ko hari n’itandukaniro mu buryo indirimbo zitunganywa
n’agaciro zihabwa.
Yavuze
ko muri Afurika y’Iburasirazuba, hakiri ukwibanda ku buhanzi nyabwo
n’ubw’umwimerere, mu gihe mu bindi bice by’isi ho ibintu byamaze guhinduka, aho
icy’ingenzi ari ukureba icyaguha imibare myinshi.
Ati: “Uburyo bwo gutunganya indirimbo buratandukanye kuko iwacu tuba twibanda ku
buhanzi n’ibyo wakoze, mu gihe ahandi bageze ku rwego aho icyose cyaguha imibare
ari cyo bahitamo.”
Yongeyeho
ko impamvu ikomeye yatumye umuziki wa Nigeria ugera kure ku rwego mpuzamahanga
ari uburyo abaturage bawuganiraho kenshi ndetse bakawushyigikira ku mbuga
nkoranyambaga.
Ati: “Abantu iwacu ntibaragera ku rwego rwo gukoresha ikoranabuhanga cyane.
Ntekereza ko kimwe mu byatumye umuziki wa Nigeria utera imbere ari ibiganiro
byinshi biwukorwaho, bigatuma urushaho kumenyekana no kuzamuka."
Ibi
bitekerezo bya Joshua Baraka bigaragaza ko hakiri urugendo rurerure kugira ngo umuziki
wo muri Afurika y’Iburasirazuba ugere ku rwego rwo guhangana ku isoko
mpuzamahanga, cyane cyane mu bijyanye no gukoresha neza imbuga nkoranyambaga no
gushyigikirwa n’abafana.

Joshua Baraka yavuze ko umuziki wo muri Afurika y’Iburasirazuba utaragera ku rwego rwo guhangana n’uwa Nigeria
